Ku wa Gatatu, Minisitiri w’intebe wa Haiti Garry Conille ,yatangaje ko ingabo za Haiti zikorana n’abapolisi baturutse muri Kenya ,zagabye igitero cyo kwirukana udutsiko tw’abagizi ba nabi muri kamwe mu duce tutoroshye two mu murwa mukuru wa Haiti.
Ku wa Kabiri, Conille yavugiye mu bitaro bya Port-au-Prince ,aho abapolisi batatu bo muri Haiti bari barwariye nyuma yo gukomerekera mu mirwano yabaye ku wa Kabiri ati: “Ndambiwe no kubona abapolisi barashwe,ndarambiwe kujya gushyingura abapolisi, tugomba gukemura iki kibazo cy’umutekano muke .” Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru,yahamagariye abanyahaiti gufatanya n’aba polisi no guhanahana amakuru yo gufasha kugabanya ibyaha.
Kuva muri Mutarama kugeza Gicurasi,mu gihugu cya Haiti havuzwe ibyaha by’ubwicanyi birenga 3200.
Kugeza ubu,agatsiko k’abagizi ba nabi kagenzura 80% by’umurwa mukuru wa Haiti Port-au-Prince, byatumye abantu barenga ibihumbi magana atanu babura aho bakinga umusaya mu myaka yashize, mugihe ako gatsiko gakomeje kurwanira kugenzura uturere twinshi.
Bwiza.com


