Abarundi baba muri CAR barubashywe kubera ubutwari ingabo zabo zigaragaza

Abarundi baba muri Repubulika ya Centrafrika (CAR) tariki ya 30 Werurwe 2021 bavuze ko bubashywe kubera ubutwari ingabo zabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye zigaragaza.

Nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byabitangaje ejo hashize, ababa mu murwa mukuru wa CAR, Bangui, babibwiye Umukuru w’Igihugu wabo, Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yaganiraga, mu ruzinduko rw’iminsi itatu yari afite muri iki gihugu.

Aba Barundi babwiye Perezida Ndayishimiye ko batewe ishema n’iki cyubahiro, banamugezaho bimwe mu bibazo bibabangamiye byo kuba nta Ambasaderi Leta yabo ifite muri CAR, kuba bamara igihe kinini mu kato mu gihe basubiye iwabo n’imbogamizi zo kuba bagorwa no kugeza muri iki gihugu umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi uturuka mu Burundi, mu buryo bw’ubucuruzi.

Perezida Ndayishimiye yageze muri CAR tariki ya 29 Werurwe 2021, yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Faustin Toudéra watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Kuboza 2020.

Perezida Ndayishimiye yafashe n’umwanya asura ingabo z’Abarundi ziri mu butumwa bw’amahoro, ku birindiro bya Sibut, azigezaho ubutumwa buzongerera imbaraga. Yagarutse mu Burundi kuri uyu wa 31 Werurwe 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *