Ingabo za Filipine zavuze ko abashinzwe umutekano ku nkombe z’Ubushinwa binjiye mu bwato bwa Filipine Navy, nyuma yaho mu ntangiriro z’iki cyumweru ubwato bw’Ubushinwa bwagonganye n’ubwato bwa Filipine mu nyanja y’Ubushinwa, aho umwe mu basare babwo yakomeretse. Ingabo zivuga kandi ko abahagarariye Ubushinwa na bo bafashe intwaro muri bumwe mu bwato bwa Filipine.
Rear Admiral Alfonso Torres, ukuriye ubuyobozi bw’iburengerazuba bwa Filipine, yatangarije abanyamakuru ko bagaruye intwaro zimwe na zimwe,avuga kandi ko abasare bo muri Filipine bategetswe kudakoresha izo ntwaro mu mirwano yabaye ku wa mbere ushize kuri Thomas Shoal Atoll wa kabiri.
Ikinyamakuru rtl info kivuga ko ku wa kabiri, igisirikare cya Filipine cyatangaje ko umwe mu basare bayo yakomerekeye bikabije muri iyo mpanuka yabaye ejobundi hagati y’ubwato bwe n’ubwato bw’abashinzwe kurinda inkombe z’Ubushinwa mu nyanja y’Ubushinwa. Ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera hagati y’ibihugu byombi muri kano karere.
Bwiza.com


