F1plm_mXoAAiTK4

Abasirikare barinda Tshisekedi barasanye n’abapolisi 

Abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barasanye n’abapolisi intambara yabo igwamo umuturage umwe.

Impande zombi zarasanye ku wa Gatatu tariki ya 19 Werurwe, mu mirwano yabereye ahitwa Kalamu i Kinshasa.

Bourgmestre wa Kalamu, Charly Luboya, yatangaje ko iriya mirwano yatangijwe n’abajepe barinda Tshisekedi, gusa intandaro yayo ikaba itazwi.

Uyu kandi yavuze ko ingabo zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko ari zo zahagaritse iriya mirwano.

Ni imirwano icyakora yasize abari bakuriye impande zarwanye bahunze.

Luboya yunzemo ko “abayobozi batangije iperereza kugira ngo hamenyekane intandaro ya ruriya rugomo ndetse n’abarugizemo uruhare.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *