images (4)

Abasirikare n’umupolisi bashatse kwica Perezida wa Brazil bakatiwe

Urukiko rw’Ikirenga rwa Braziliya rwakatiye abasirikare batatu n’umupolisi igifungo hagati y’imyaka 21 na 24, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutegura umugambi wo kwica Perezida Luiz Inacio Lula da Silva mbere y’uko arahirira kuyobora igihugu.

Uyu mugambi wari ugamije gukuraho amajwi y’amatora yo mu 2022 aho Lula yatsinze uwari Perezida, Jair Bolsonaro, wari uhagarariye ibitekerezo by’uruhande rw’abarwanya politiki y’uruhande rw’igitugu.

Bolsonaro w’imyaka 70, wari uyoboye uwo mugambi uzwi nka “Green and Yellow Dagger”, nawe aherutse gukatirwa imyaka 27 y’igifungo kubera uruhare rwe mu gushaka guhindura ibyavuye mu matora. Ubujurire bwe bwateshejwe agaciro kuwa Gatanu ushize nubwo akomeje kuvuga ko ari umwere.

Abaracyekwa bari bafite umugambi wo kwica: Lula da Silva, Perezida watowe, Geraldo Alckmin, Visi-Perezida na Alexandre de Moraes, Umucamanza w’urukiko rw’ikirenga akaba n’umwe mu bacamanza bayoboye urubanza

Abandi bari muri iryo tsinda ry’abantu 10 bahamwe n’ibyaha bahawe ibihano byo hasi, guhera ku mwaka n’amezi 11.

Umucamanza Flavio Dino yavuze ko igihugu “cyari hafi kugwa mu mwijima w’ihirikwa ry’inzego, kwica abantu, guhagarika itegeko nshinga no guhungabanya umutekano n’itangazamakuru.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *