Abayobozi bo muri Nijeri batangaje ko ejo hashize (kuwa 4) mu karere ka Tillaberi hatorotse imfungwa zari zikurikiranyweho kuba ibyihebe no gucuruza ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yatangaje ko ibyabaye kuri uyu wa kane muri gereza ya Koutoukale iherereye nko mu bilometero 30 uvuye mu Majyaruguru y’I Burengerazuba bw’umurwa mukuru, Niamey.
Abenshi mu batoretse ngo ni abari bafungiwe muri iyo gereza kuva muri 2016 na 2019. Gusa nta mubare uzwi w’imfungwa watangajwe , icyakora haracyekwa ko bagera muri 200.
Urusaku rw’amasasu rwumvikanye muri gereza imbere ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, ni rwo rwaburiye abarinzi ba gereza, ariko abacungagereza bahageze basanze bamaze gukingura inzugi za gereza za batorotse.
Hari abatorokanye n’intwaro bicyekwa ko basubiye mu barwanyi bitwaje imbunda (Djihadistes).Kugeza ubu hakomeje kwibazwa ibibazo by’uko abo barashe muri gereza bagafasha imfungwa gutoroka bashoboye kwinjira muri gereza ya Koutoukalé kuko ubundi ifatwa nk’imwe muri gereza zikomeye kandi zirindwa cyane.


