Abayobozi baravuga iki ku byavuzwe ko Perezida Kagame yifuza ko Afurika y'Epfo yava muri AU?

Ibinyamakuru ‘Benin Web TV’ na Abidjan TV byanditse inkuru zivuga ko Perezida Kagame yatangaje ko Afurika y’Epfo igomba gukurwa mu Muryango w’Afurika Yunze Ubumwe bitewe n’ibitero byibasira abanyamahanga byabaye muri iki gihugu.

Benin Web TV kivuga ko Perezida Kagame yabitangarije itangazamakuru kuri uyu wa 14 Nzeri 2019.

Kivuga ko mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Perezida Kagame yagize ati: ” Ubwo numvishe Perezida Cyril Ramaphosa avuga ko abantu baguye muri ibi bitero ari icumi harimo n’umunyamahanga umwe, natekereje ko Afurika y’Epfo yaba ikuwe mu muryango w’Afurika Yunze Ubumwe n’indi miryango irimo mu karere bityo, ikumva ko muri iki kinyejana Afurika ihamagarirwa ubumwe , ikajya kure y’ivangura.” Aya magambo kiyahuriyeho n’aya Abidjan TV, mu nkuru kimaze icyumweru cyanditse.

Yolande Makolo ushinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida Kagame yanyomoje aya makuru.

” Iyi nkuru ya Beni Web TV n’iya Abijyan TV ni impimbano. Perezida Kagame ntiyigeze avuga ibi bintu kandi nta n’inama n’itangazamakuru yagize ku wa gatandatu, tariki ya 14 Nzeri. Imbuga nizirekere amakuru y’ibinyoma.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe  yasangije (retweet) abamukurikira ubu butumwa bwa Makolo.

Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston we yagize icyo avuga ku mwanditsi w’iyi nkuru ya Benin Web TV, Parfait Folly. Ngo izina ni ryo muntu.

” Umwanditsi, Folly ni umuntu udatekereza nk’uko izina rye risobanura.” Busingye.

Umunyamakuru Albert Rudatsimburwa yavuze ko ari ukuri ko ibitero byibasiriye abanyamahanga byababaje benshi ariko kuvuga ko Perezida Kagame yifuza ko iki gihugu gikurwa muri uyu muryango ari ibinyoma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *