images (30)

Addis Ababa: Haravugwa gukozanyaho hagati ya Ruto na Kenyatta

I Addis Abeba muri Ethiopia, muri iyi weekend ishize biravugwa ko habaye ubushyamirane bukomeye hagati ya Perezida William Ruto n’uwamubanjirije, Uhuru Kenyatta, kandi bushobora guhungabanya umuhate w’amahoro mu karere.

 

Biravugwa ko byabaye ngombwa ko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, aba umusifuzi mu nama yihariye yari igamije guhuza abanyapolitiki bombi b’Abanyakenya, bigaragara ko inzangano zabo bwite zimaze kurenga imipaka.

 

Uku guhangana kwadutse mu nama yabereye iruhande rw’inama iherutse y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kwagaragaje ibikomere bikiri muri politiki ya Kenya nk’uko ibinyamakuru byo muri iki gihugu bivuga.

 

Icyari ubwiyunge bugamije gushyira hamwe imbaraga mu gukemura ikibazo cy’intambara yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, biravugwa ko cyahindutse gutungana intoki hagati y’impande zombi.

 

Amakuru agera ku kinyamakuru The Nation yerekana ko urwango hagati ya Ruto na Kenyatta rumaze kuba imbogamizi ikomeye, ihungabanya inzira y’amahoro kandi gutera icyasha isura ya Kenya nk’ihuriro rya dipolomasi mu karere.

 

Umukino wo gushinjanya

 

Imbere y’amarido mu muhezo, amakuru ava muri protocole agaragaza ubushyamirane bushingiye ku kwemerwa n’ubwubahane.

 

Ikirego cya Ruto: Perezida yashinje Kenyatta guhungabanya guverinoma no gutera inkunga ibikorwa byo guhungabanya umutekano, yanga kwemera ko igihe cye nka perezida cyarangiye.

 

Kwiregura kwa Uhuru: Perezida wacyuye igihe yamaganye kuba akomeje gusuzugurwa no gutotezwa na Leta, nubwo akiri umukozi wa Leta akaba n’intumwa y’amahoro.

 

DRC ni yo ibigenderamo: Mu gihe Kenyatta yicaye mu kanama ka AU kandi Ruto ari we ufite ubushobozi bwo kohereza ingabo, bivugwa ko kudahuza kwabo bishobora kugira ingaruka zikomeye.

 

Inshingano zitoroshye za Abiy

 

Amahitamo ya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yo guhuza abayobozi babiri bakomeye muri Kenya arasa nk’atazamworohera. Ifoto ya Abiy ahagaze hagati y’aba bagabo bombi yashyizwe ahagaragara n’uruhande rwa Kenyatta ariko yirengagizwa n’ikipe ya Ruto yigize nk’aho nta cyabaye.

Ubutumwa Abiy yatanze burasobanutse: “amakimbirane y’imbere iwanyu abangamiye umutekano wa Afurika y’uburasirazuba.”

 

Kuba Kenyatta yaranze kureka politiki kandi bikavugwa ko ashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bituma Ruto ahora ahangayitse ahora areba ku rutugu rwe mu gihe agihanze amaso 2027.

 

Inzu yacitsemo ibice

 

Kuri Kenya, ngo uyu ni umwanya wo guterwa isoni na politiki yayo. Igihugu ngo cyirataga kohereza amahoro mu mahanga ubu cyohereza hanze politiki yacyo idakora.

 

Niba Ruto na Kenyatta badashobora kugirana umubano w’akazi, ubushyamirane bwabo buzakomeza kuba ikibazo, atari ku murage wabo gusa, ahubwo no kuri miliyoni z’abasivili bo muri DRC bategereje amahoro Kenya yacitsemo ibice idashobora gutanga.

 

Ikibazo ni: kuki iyi nkuru igaragaza cyane Kenya nk’aho ari yo ifite igisubizo ku mahoro ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’aho yaba ifite uruhare runini mu bihabera rutigeze ruvugwa cyane?

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *