WhatsApp-Image-2025-01-27-at-14.52.44_3a4541c7

AFC/M23 na Leta ya Congo bagiye guhana imfungwa zirimo iz’intambara

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko iteganya guhererekanya imfungwa na AFC/M23, nk’imwe mu ngamba zirema icyizere hagati y’impande zombi.

Iyi ni imwe mu ngingo zikubiye mu nyandiko y’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro impande zombi ziheruka gushyiriraho umukono i Doha muri Qatar.

Iyi ngingo kandi iri mu bintu umunani AFC/M23 yasabye Leta ya Kinshasa kugira ngo impande zombi zizabashe kugera ku bwumvikane.

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri RDC, Jacquemain Shabani, mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yo kuva i Doha yavuze ko Leta na AFC/M23 bizahererekanya imfungwa, zirimo abasirikare ba buri ruhande bafitwe n’urundi.

Ati: “Urugero turabizi ko dufite abasirikare ba FARDC yemwe na bamwe mu basivile bacu, impirimbanyi, abayobozi, abanyapolitiki ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bafunzwe, bamwe muri Congo abandi hanze nko mu Rwanda. Iyi ishobora kuba ingingo yo kurekurwa kwabo ku mpande zombi.”

Yunzemo ati: “Abandi bari hano mu maboko y’ubutabera bwa RDC na bo barajyana n’ibi bibazo byose by’uturere twigaruriwe ndetse no gutaha kw’ingabo zigaruriye utwo turere.”

Kugeza ubu AFC/M23 ivuga ko urutonde rw’abantu babarirwa muri 700 bafunzwe bashinjwa gukorana na yo ari rwo yashyikirije Qatar isaba ko barekurwa na Leta ya RDC.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *