FB_IMG_1765893512071

AFC/M23 yasabye Ndayishimiye gufungura umupaka wo mu Gatumba

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryasabye Leta y’u Burundi gufungura umupaka wo mu Gatumba uhuza u Burundi na Congo Kinshasa, kugira ngo impunzi z’abanye-Congo zifuza gutaha zibone uko zisubira iwabo.

AFC/M23 yatanze ubwo busabe biciye mu muhuzabikorwa wayo, Corneille Nangaa, nyuma y’uko impunzi z’abanye-Congo zahungiye mu Burundi zibayeho mu buzima bubi cyane.

Nangaa mu butumwa yageneye Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yagize ati: “Dushingiye ku kibazo cy’ubutabazi gikomeje gukomera cyane ku baturage bacu bahungiye ku butaka bw’u Burundi, turasaba mu cyubahiro ko umupaka wafungurwa kugira ngo ababyifuza babashe gusubira mu gihugu cyabo banyuze ku mupaka wa Gatumba, mu mutekano, mu cyubahiro no mu ituze.”

Nangaa yibukije Ndayishimiye ko ku ruhande rwa AFC/M23 hafashwe ingamba nk’izo zo korohereza abaturage b’u Burundi gusubira mu gihugu cyabo, ibyo yahereyeho asaba ko n’abaturage b’Abanye-Congo muri iki gihe bari mu Burundi bafatwa mu buryo bungana n’ubwo.

U Burundi bucumbikiye impunzi zirenga 100,000 z’abanye-Congo babuhungiyemo, ubwo mu kwezi gushize mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo haberaga imirwano yasize AFC/M23 yigaruriye Umujyi wa Uvira.

Amakuru avuga ko izo mpunzi zibayeho mu buzima bubi cyane, ku buryo hari n’izibarirwa muri 50 zimaze gupfa kubera inzara, kubura aho kuryama ndetse n’uburwayi by’umwihariko icyorezo cya cholera.

Leta y’u Burundi biciye mu munyamabanga mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riyoboye kiriya gihugu, Révérien Ndikuriyo, iheruka gutangaza ko nta gahunda ya vuba ihari yo gufungura umupaka wo mu Gatumba, ndetse uyu yavuze ko uwo mupaka uzafungurirwa kimwe n’iyo u Burundi buhuriraho n’u Rwanda.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *