umuvugizi_wa_m23_lt_col_willy_ngoma_yerekanaga_abafashwe_mpiri-6315c

AFC/M23 yatanze imbohe z’abasirikari b’u Burundi yafatiye mu mirwano

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryarekuye abasirikare b’u Burundi ryari ryarafatiye mu mirwano yabereye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), bakaba ubu baragejejwe mu miryango yabo.

Ni nyuma y’ uko aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batakambiye imiryango mpuzamahanga kubafasha gutaha kuko Leta yabo yabihakanye.

Nk’uko byemejwe n’abahagarariye AFC/M23, ku wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga, nibwo aba basirikare b’u Burundi barekuwe ku neza, nk’igisubizo cy’ubusabe bwatanzwe n’inzego z’ubuhuza mu biganiro bigamije amahoro.

Ingabo z’u Burundi zagiye kurwanya M23, zibisikanye n’izindi z’iki gihugu zari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ku masezerano Ndayishimiye na Tshisekedi bagiranye muri Kanama 2023 yari afite agaciro ka miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika.

Abo basirikare bafashwe mu mirwano ikomeye yabereye mu bice bya Sake na Mushaki, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse na Bukavu muri Kivu y’ Epfo, aho ingabo za AFC/M23 zari ziri kurwana n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zifashijwe n’izi ngabo z’u Burundi.

Umuvugizi wa AFC/M23 Col. Willy NGOMA yagize ati: “Kubarekura ni igikorwa cy’ubutwari no kwiyemeza gukomeza inzira y’amahoro. Twabafashe neza mu gihe bari barafashwe, kandi tubasubije igihugu cyabo ntankomere irimo. Twizeye ko uyu mwanzuro ushobora gutanga isura nziza mu biganiro bigamije kurangiza intambara.”

Ku ruhande, Leta ya Burundi ntiragira icyo itangaza ku mugaragaro kuri iki gikorwa ariko hari amakuru avuga ko ibihugu byose bikorana n’inzego z’ubuhuza byari byasabye AFC/M23 gufata icyo cyemezo mu rwego rwo kubaka icyizere mu biganiro biri imbere harimo no kurekura infungwa z’ intambara.

Icyo gihe ihuriro rya AFC/M23 naryo ryasabye ko igisirikari cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo FARDC na cyo cyarekura abasirikari babo basaga 700 bafatiwe ku rugamba rwo kurwanya ubutegetsi bwa Congo ariko kugeza ubu ubutegetsi bwaryumyeho.

Ibi bibaye mu gihe na none ku kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Kanama hateganijwe inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC na SADC ibera i Nairobi muri Kenya, yibanda ku bibazo by’intambara zibera mu Burasirazuba bwa Congo.

Irekurwa ry’aba basirikare b’u Burundi rifashwe nk’icyemezo gishobora kuzana ikizere mu biganiro by’amahoro, ariko rikaba rinashyira igitutu ku ruhande rwa FARDC n’abayifasha kugira icyo bakora mu rwego rwo kurinda abasivile no kugabanya ubwicanyi bakorerwa muri Kivu zombi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *