Afurika y’Epfo yamaganye icyemezo cy’u Bwongereza bwayigumishije ku rutonde rutukura

Urwego rwa Afurika y’Epfo rushinzwe ubukerarugendo, SATSA, rwamaganye icyemezo cya Guverinoma y’u Bwongereza cyo kugumisha iki gihugu ku rutonde rutukura ruriho ibihugu byugarijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19.

Ni nyuma y’aho tariki ya 17 Nzeri 2021, Guverinoma y’u Bwongereza itangarije ko ejo tariki ya 22 irakura kuri uru rutonde ibihugu umunani, Afurika y’Epfo ntigaragaremo.

Abaturuka mu bihugu biri ku rutonde rukura ntibemerewe kugera mu Bwongereza, keretse abanegihugu babwo, abanya-Ireland n’abandi bemerewe gutura mu Bwongereza.

Abemerewe kujya mu Bwongereza nabo mu gihe bakigera ku kibuga cy’indege, basabwa kubanza kujya mu kato muri hoteli mu minsi 10, bakiyishurira ikiguzi cyose, bakanisuzumisha Covid-19 inshuro byibuze ebyiri.

SATSA ivuga ko iki cyemezo “kizangiza byinshi bidasanwa ku mubano” w’ibihugu byombi bisanzwe ari abafatanyabikorwa bakomeye mu bucuruzi no mu bukerarugendo.

Uru rwego ruvuga ko aya mabwiriza yashyiriweho Abongereza, abanya-Ireland n’abemerewe gutura mu Bwongereza, azabaca intege kuko ‘agoye’, abe yatuma bahagarika gahunda zabo z’ubukerarugendo muri Afurika y’Epfo kuko byazabatwara ikiguzi kinini mu gihe basubiye iwabo.

Iki cyemezo ngo kizagira ingaruka ku bakozi miliyoni 1.5 bo muri Afurika y’Epfo bakoraga imirimo y’ubukerarugendo, SATSA ivuga ko nta shingiro rya siyansi gifite. Iti: “Nta shingiro rya siyansi riri mu gufata icyemezo cyo kugumisha Afurika y’Epfo ku rutonde rutukura.”

Uru rwego rushingiye kuri izi mpamvu, rusaba Guverinoma y’u Bwongereza kwisubira, ikavana Afurika y’Epfo kuri uru rutonde.

Guverinoma y’u Bwongereza yafashe iki cyemezo nyuma y’iminsi mike uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dominic Raab agiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Naledi Pador cyerekeye koroshya ingamba ku ngendo zihuza ibihugu byombi.

Byari byitezwe ko bitewe n’iki kiganiro, Afurika y’Epfo ikurwa kuri uru rutonde yagiyeho kuva muri Mutarama 2021 ariko si ko byagenze.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *