Nyuma y’inkuru imaze iminsi mu bitangazamakuru ivuga ko hari umukobwa wahohotewe mu Murenge wa Kimisagara akarere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali na bagenzi be barimo uwitwa Zaina bapfaga umugabo, mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki ya 9 Werurwe 2020, herekanwe akuma ka jirete bifashishije bamwogosha imisatsi ndetse n’insya, byakozwe mu rwego rwo kumuhohotera.
Abashinjwa barimo uyu Zaina na bagenzi be bashinjwa guhohotera mugenzi wabo witwa Sandrine bakaba basabiwe gufungwa imyaka 25 bakanatanga ihazabu ya Miliyoni 100. Nyuma y’iburanisha abaturage bagiye bagira icyo babivugaho. Bwiza TV yari ihari, reba Video hasi.


