Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, igiye gutanga akayabo ka $ miliyoni 5 igura Umunya-Maroc Sofiane Rahimi uheruka guha akazi gakomeye amakipe arimo n’Amavubi y’u Rwanda.
Uyu musore usanzwe akinira ikipe ya Raja Casablanca y’iwabo muri Maroc, yigaragaje cyane muri CHAN yabereye muri Caméroun, atorwa nk’umukinnyi wayo nyuma yo gufasha Maroc kwisubiza kiriya gikombe.
Rahimi kandi yahembwe nk’umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri ririya rushanwa.
Abafana b’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ bamwibukira ku kuba yarabahangayikishije mu minota 90 y’umukino wo mu tsinda Amavubi yaguyemo miswi na Maroc 0-0.
Umunyamakuru Nuhu Adams yatangaje ko Al Ahly na Raja Casablanca ziri mu nzira zo kumvikana miliyoni eshanu z’amadorali ya Amerika kugira ngo Rahimi ajye gukinira iriya kipe ya mbere ikomeye kurusha izindi ku mugabane wa Afurika.
Ni amafaranga Al Ahly igomba kwishyura mu byiciro bibiri bitandukanye.


