Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko wakiriye intumwa zirimo iz’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACRF), ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC), iza MONUSCO, iz’urwego rushinzwe umutekano wo ku mipaka mu karere k’ibiyaga bigari (EJVM) n’iz’urwego ruhuriweho rushinzwe iperereza ruyobowe n’umusirikare wa Angola.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 13 Ukuboza, yasobanuye ko bakiriye izi ntumwa muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Rutshuru kuri uyu wa 12, kandi ngo bagiranye ibiganiro byabaye mu mahoro.
Yagize ati: “Kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Ukuboza 2022, M23 yakiriye muri Kibumba intumwa z’urwego ruhuriweho rushinzwe ubugenzuzi, MONUSCO, EJVM, EACRF [na] FARDC.”
Ntabwo Kanyuka yasobanuye ibyo M23 yaganiriye n’izi ntumwa, gusa ngo uyu mutwe utegereje kongera guhurira na zo mu yindi nama, unibutsa ko mu gace ka Bwiza no mu nkengero “hakomeje kubera jenoside”, kandi inzirakarengane zikaba zitari guhabwa ubufasha.
Iki kiganiro kibayeho nyuma y’inshuro ebyiri M23 isohoye amatangazo, isaba guhura na Uhuru Kenyatta usanzwe ari umuhuza w’Abanyekongo, Perezida wa Angola ndetse n’ingabo za EAC, mu gihe witeguye “guhagarika imirwano no gusubira inyuma”.



Amafoto: Goma24


