Mu Cyumba cy’Inama cy’Umujyi wa Kigali, Urukiko Rukuru kuri uyu wa gatanu, itariki 15 Ukuboza, rwakiriye indahiro za Dusengiyumva Samuel na Ayanone Solange baraye binjiye mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

Nyuma yo kwakira indahiro z’Abajyanama bashya binjiye mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, habaye Inama y’Inama Njyanama idasanzwe y’Umujyi wa Kigali ari nayo itorerwamo abayobozi buzuza Biro ya Komite Nyobozi y’Umujyi.

Umujyi wa Kigali ukaba wifurije ikaze Samuel Dusengiyumva na Solange Ayanone, Abajyanama bashya binjiye mu nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali; unifuriza ishya n’ihirwe Rubingisa Pudence na Mpabwanamaguru Merard bari Abajyanama mu nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.






