Amatora muri RDC: Tshisekedi akomeje kwereka igihandure abo bahanganye

Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irerekana ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi akomeje kuza imbere y’abo bahanganye, nyuma yo kubanikira.

Mu ijoro ryakeye ni bwo Komisiyo y’amatora muri RDC (CENI) yatangiye gutangaza amajwi y’ibyavuye mu matora y’imbere mu gihugu.

Ni amatora yatangiye ku wa Gatatu tariki ya 20 Ukuboza ari na wo munsi yagombaga kurangiriraho, gusa kugeza ku Cyumweru tariki ya 24 Ukuboza yari agikomeje mu bice bimwe na bimwe bw’igihugu.

CENI mu majwi arenga miliyoni imwe yamaze kubarura, yerekanye ko Tshisekedi uri gushaka manda ya kabiri ari imbere n’amajwi 82.6%.

Moà¯se Katumbi wiyamamaje ahagarariye ishyaka Ensemble Pour la République ari ku mwanya wa kabiri n’amajwi 14.3%.

Amajwi yamaze kubarurwa arerekana kandi ko ku mwanya wa gatatu hari Radjabho Tebabho Soborabo, imbere y’abarimo Martin Fayulu na Dénis Mukwege bari mu bahabwa amahirwe yo gutsinda ariya matora.

Kuri ubu abakandida batandukanye barimo Katumbi, Fayulu na Mukwege bamaze gutangaza ko batazemera ibizava muri ariya matora bahamya ko yabayemo ubujura bukomeye; ndetse aba bakandida kimwe na bagenzi babo bamaze gusaba ko yaseswa hakaba andi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *