Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe zaba zigifatiye ibihano cyangwa zigahana we.
Uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, abinyujije ku rubuga rwe rwa X rwahoze rwitwa Twitter yavuze ko “abashotoranyi b’Abanyamerika nibaramuka bamfatiye ibihano cyangwa bakabifatira Uganda ku kintu icyo ari cyo cyose, natwe tuzabasubiza tubashyiraho ibihano.”
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yatangaje ibi, nyuma y’uko mu cyumweru gishize Jim Risch uyobora Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye ubutehetsi bwa Donald Trump gusubiramo ubucuti bufitaniye na Uganda kubera ibiherutse kuba mu matora.
Uyu musenateri mu itangazo yasohoye ku wa Gatandatu tariki ya 24 Mutarama akomoza ku matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka kuba muri Uganda, yavuze ko yabayemo amanyanga kugira ngo Perezida Museveni agume ku butegetsi.
Yagize ati: “Amatora yo muri Uganda kimwe nk’aheruka muri Tanzania, yari amatora y’ukwiyerekana gusa, agamije kwemeza manda ya karindwi ya Perezida Yoweri Museveni ku butegetsi amazeho imyaka 40”.
Jim Risch kandi yavuze ko n’ubwo Uganda ari umufatanyabikorwa wa Amerika mu karere kurusha Tanzania, “ubutegetsi bwayo bushingiye cyane ku bikorwa byo gutoteza abanyapolitiki, gushimuta, gufunga no gutera ubwoba abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse no gukoresha nabi umutungo w’igihugu kugira ngo [Museveni] agume ku butegetsi”.
Yashinje kandi Kampala kugirana isano n’ibikorwa byo guteza umutekano muke mu karere, ibyatumye asaba ubutegetsi bwa Trump kongera “gusuzuma umubano bufite na Uganda mu bijyanye n’umutekano, hatangirwa ku gusuzuma niba byaba ngombwa gufatira ibihano bamwe mu bayobozi, “harimo na Gen. Muhoozi Kainerugaba”.
Gen. Muhoozi yasabiwe gufatirwa ibihano, mu gihe nyuma y’amatora Perezida Museveni yatsinze ku majwi 71% yakunze kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi, by’umwihariko umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine.
Uyu mugabo amaze igihe avuga ko nyuma y’amatora yavuye iwe mu rugo ahunga abasirikare bamaze igihe bahagose, ndetse mu cyumweru gishize yavuze ko abo basirikare bahohoteye umugore we n’abandi bantu baba iwe.
Muhoozi aheruka kwemera ko kuva amatora yaba hamaze kwicwa “ibyihebe 30”, mu gihe hatawe muri yombi 2000.


