Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yoherereje ibaruwa umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Gyebreyesus amubwira ko uyu muryango nudahindura imikorere mu gihe cy’iminsi 30, Amerika izahagarika burundu inkunga yawuhaga ndetse igahita yivanamo nk’umunyamuryango.
Perezida Trump yakunze kunenga imikorere y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) kuva watangira kuyoborwa na Dr Tedros avuga ko uyu muryango ukorera mu kwaha k’Ubushinwa akaba yanabishimangiye mu ibaruwa yawandikiye kuri uyu wa Mbere aho yawise ‘igikoresho cy’Ubushinwa.’
Mu byo Trump ashinja uyu muryango harimo guhishira amakuru ajyanye n’icyorezo cya Covid-19 aho ngo Ubushinwa bwabeshye imibare OMS ikicecekera ahubwo ikakomeza kubushimagiza ku buryo bwitwaye mu guhangana n’iki cyorezo.
Perezida Trump na we yari yanenzwe na OMS kudafata ingamba zikwiriye mu kurinda abaturage ba Amerika hakiri kare bikaba byaratumye abarenga miliyoni 1.5 bandura muri iki gihugu naho 90,000 ikaba yarabishe.
Mu nama ya ONU yiga ku buzima yanenze OMS kureka Covid-19 ikarenga igaruriro kugeza ubwo ihitanye abantu benshi ku isi, ibi Trump akaba aribyo yashingiyeho avuga ko ‘OMS yabuze ubwigenge bikabije’ imbere y’Ubushinwa aho avuga ko icyorezo cya Covid-19 cyagaragaye I Wuhan mbere y’Ukuboza 2019 ariko Ubushinwa na OMS bakabigira ibanga kubera igitutu cya Perezida Xi Jinping w’Ubushinwa.
Trump kandi yavuze ko OMS ntacyo yigeze ikora ku ivangura ry’uruhu n’amoko ryakunze kugaragara mu minjyi itandukanye y’Ubushinwa bishingiye ku cyorezo cya Covid-19. Akomeza avuga ko Dr Tedros yagombye kuba yarakoze nka Dr Harlem Brundtland uko yitwaye ku mwaduko w’icyorezo cya Sars ubwo yari ayoboye uyu muryango.
Muri Mata uyu mwaka ni bwo Perezida Trump yatangaje ko Amerika ihagaritse inkunga yahaga OMS ingana na miliyoni $400 ayishinja guha urwaho icyorezo cya Covid-19 no gokorera mu kwaha k’Ubushinwa.
Amerika ni ubu ni cyo gihugu gitanga inkunga nini muri uyu muryango kuko inkunga itangamo ingana na 15% by’ingengo y’imari uyu muryango ukoresha buri mwaka.


