4JYP6O4XIBEPHHZRINENLOZDSU_copy_1000x665

Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda ibihugu 21 birimo RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo kwirinda gukorera ingendo mu bihugu 21 byo hirya no hino ku Isi, mu rwego rwo kwirinda ibyago bashobora guhura na byo.

Amerika biciye mu ishami ryayo rishinzwe ibikorwa byayo bya dipolomasi mu mahanga, yagaragaje ko yashyize biriya bihugu ku rwego rwa kane mu bijyanye n’ingendo.

Uru rwego ni rwo rwa nyuma mu zo igenderaho igira inama abaturage bayo uko bagomba kwitwararika mu gihe bakorera ingendo mu mahanga; mu kwirinda ko bashobora guhura n’ibyago.

Ibihugu Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda birimo Afghanistan, Belarus, Burkina Faso, Burma, Repubulika ya Centrafrique ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Birimo kandi Haiti, Iran, Iraq, Libani, Libya, Mali, Koreya ya Ruguru, u Burusiya, Somalia, Sudani y’Epfo, Sudani, Syria, Ukraine, Venezuela na Yemen.

Amerika yamenyesheje abaturage bayo ko kubakumira muri biriya bihugu bishingiye ku kuba ibintu bitahifashe neza; ikindi ikaba ifite ubushobozi buke bwo kubatabara mu gihe baba babihuriyemo n’ibibazo.

Yunzemo iti: “Aha hantu ni habi, bityo kuhasura mwaba muri kwishyira mu byago bikomeye.”

Amerika yasabye abaturage kwirinda gukorera ingendo muri biriya bihugu, mu gihe hafi ya byose bimaze igihe birimo intambara.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *