Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeye gutanga $ miliyoni 25 (Frw hafi miliyari 35), ku muntu wese wazifasha guta muri yombi Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela.
Ni amafaranga Amerika yemeye gutanga ku wa Gatanu tariki ya 10 Mutarama, umunsi Maduro yarahiriyeho kuyobora Venezuela muri manda ye ya gatatu.
Abandi Amerika yemereye ishimwe ni abafasha mu gutanga amakuru yaganisha ku guta muri yombi cyangwa kwivugana Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Venezuela, Diosdado Cabello.
Ni na ko bimeze kuri Minisitiri w’Ingabo, Vladimir Padrino we Amerika yashyize $ miliyoni 15 ku mutwe we.
Aya mafaranga Amerika yemeye gutanga ku mitwe ya bariya bayobozi, akurikira ibihano u Bwongereza bwafatiye abayobozi 15 bo muri Venezuela, barimo abacamanza, abasirikare bakuru ndetse n’abapolisi.
Ni ibihano Londres yabafatiye ibashinja guhonyora demukarasi ndetse n’uburenganzira bwa muntu.
Amerika n’inshuti zayo zirimo u Bwongereza, Canada ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bashinja Maduro ubujura bw’amajwi mu matora yamufashije kuguma ku butegetsi amazeho imyaka 11.
Ibi bihugu byose kandi byagiye bifatira ibihano abayobozi batandukanye ba Venezuela.
Amerika yo inavuga ko yafashe kiriya cyemezo kubera ibirego byerekeye ibiyobyabwenge na ruswa irega Maduro kuva muri 2020.
Mu myaka ine ishize, Amerika yashinje Maduro n’abandi bategetsi bo hejuru muri Venezuela gukora “iterabwoba hakoreshejwe ibiyobyabwenge”.
Icyo gihe yabashinjaga kohereza Cocaine muri Amerika no gukoresha ibiyobyabwenge mu guhungabanya ubuzima bw’Abanyamerika.
Ni ibirego nyirubwite ahakana.
Maduro ukomeje guhigishwa uruhindu na Amerika, ku wa Gatanu ubwo yarahiraga yijeje abaturage b’igihugu cye Manda yarahiriye “izarangwa n’amahoro, iterambere, uburinganire, na demokarasi nshya”.


