c-2025-06-11t182333z-1-lop113311062025rp1-rtrmadp-baseimage-960x540-usa-security-iraq-file

Amerika yatangiye gucyura Abakozi bamwe muri za Ambasade mu Burasirazuba bwo Hagati

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko abakozi ba Amerika bakuwe mu Burasirazuba bwo Hagati kubera ibiganiro ku ntwaro za kirimbuzi na Iran bishobora kutazagenda neza bakisanga mu kaga.

 

Abajijwe ku makuru avuga ko abakozi bimuwe, Trump yabwiye abanyamakuru i Washington ati: “Nibyo barimurwa kuko hashobora kuba ahantu hateye akaga.” “Twatanze integuza yo kwimuka tuzareba uko bigenda.”

 

Abajijwe uko umwuka mubi uri mu karere ushobora kugabanywa, Trump yagize ati: “Ntibashobora kugira intwaro za kirimbuzi, ibyo biroroshye cyane. Ntabwo tuzabibemerera.”

 

Nk’uko amakuru abitangaza, Ambasade ya Amerika muri Irak yiteguraga kwimurwa igice, mu gihe hatanzwe uruhushya rwo kuva ku bushake muri Bahrein na Koweit.

 

Kuri uyu wa Gatatu, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yavuguruye inama igira Abanyamerika bakora ingendo ku Isi yose igaragaza amakuru agezweho.

 

Itangazo ryasohowe rigira riti: “Ku itariki ya 11 Kamena, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yategetse ko abakozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika badakenewe bahita bagenda kubera umwuka mubi uri mu karere.”

 

Trump yagiye akangisha gutera Iran mu gihe ibiganiro kuri gahunda yayo y’itunganywa ry’ingufu za kirimbuzi itagenda neza nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.

 

Ku wa Gatatu, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko agenda atakaza icyizere ko Tehran izemera guhagarika gutunganya uranium (ubutare bucurwamo intwaro za kirimbuzi), kandi iki kikaba ari ikintu cy’ingenzi Amerika isaba.

 

Ku wa Gatatu n’ubundi, Minisitiri w’Ingabo muri Iran, Aziz Nasirzadeh, yatangaje ko Iran niramuka igabweho igitero, noneho izabyihorera ikubita ibirindiro by’Abanyamerika muri kariya karere.

 

Ni mu gihe Amerika kugeza ubu ifite ibirindiro bya gisirikare muri Irak, Koweit, Bahrein, Qatar na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, n’ahandi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *