gettyimages-2197464483

Amerika yavuye ku mugaragaro mu Ishami rya Loni ryita ku Buzima

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuye ku mugaragaro mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), nyuma y’umwaka umwe Perezida Donald Trump atangaje ko ahagaritse ibyo Amerika imaze imyaka 78 yariyemeje gukorera uru rwego.

Umwaka ushize, Trump yari yabimenyesheje iki kigo cyita ku buzima cy’Umuryango w’Abibumbye ubwo yashyiraga umukono ku iteka ku munsi wa mbere asubira muri White House mu 2025. Ubusanzwe bisaba gutegereza umwaka umwe mbere y’uko kuva mu masezerano birangizwa.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko ukuntu OMS “yitwaye nabi mu cyorezo cya COVID-19” ndetse n “” ibindi bibazo by’ubuzima ku Isi ” ari impamvu zatumye iki gihugu gihagarika imikoranire. Yavuze kandi ko kuba muri uyu muryango byasabye Amerika “kwishyura ikiguzi gikabije” nk’uko tubikesha Radio y’Abadage, Deutsche Welle.

Kuri uyu wa Kane, itariki 22 Mutarama 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuzima, Robert F. Kennedy Jr., basohoye itangazo bagira bati: “Uyu munsi, Amerika yavuye mu Ishami rya Loni ryita ku Buzima (OMS), yizirikura ibyari biyiboshye.”

Ku rundi ruhande, OMS ivuga ko Amerika iyifitiye umwenda w’amadolari arenga miliyoni 130, ariko hari ukutamenya neza no kutumvikana kuri uwo mwenda.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *