Secretary-Blinken

Amerika yemeje ko iri mu biganiro n’abafashe ubutegetsi muri Syria

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yatangaje ko Amerika yavuganye n’inyeshyamba za HTS ubu ziyobora Syria nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Assad.

Nibwo bwa mbere hemejwe imivuganire itaziguye hagati ya Amerika n’umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham, ubu Amerika igifata nk’umutwe w’iterabwoba.

Blinken yabwiye abanyamakuru ko Amerika yagiye ivugana n’aba cyane cyane ku byerekeranye n’umunyamakuru w’Umunyamerika wabuze, Austin Tice, nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Blinken yavugiye ibi muri Yorodani nyuma y’ibiganiro n’abahagarariye ibihugu byinshi by’Abarabu, Turkiya, n’u Burayi kugira ngo baganire ku hazaza ha Syria.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *