Apôtre Isidore Mbayahaga usigaye ari ku ibere rya leta y’u Burundi, yasabye abaturage b’iki gihugu guterateranya bakagurira Igisirikare cy’u Burundi indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-57.
Uyu muvugabutumwa yabigirarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umwe mu miyoboro ya YouTube ikorera i Burundi.
Muri icyo kiganiro yabajijwe ku kuba mu minsi ya vuba umutwe wa M23 wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ushobora kugaba ibitero ku Burundi, avuga ko ntacyo uriya mutwe ushobora gutwara kiriya gihugu.
Mbayahaga yakomeje asaba abaturage b’u Burundi guha intwererano igisirikare cya kiriya gihugu, kugira ngo kizabashe kugura Su-57 yagifasha guhangana n’umwanzi.
Ati: “Buriya Abarundi twese tugiye hamwe buri rugo rugatanga Fbu 10,000 cyangwa 20,000 tugatwerera igisirikare cyacu tukakigurira indege y’intamba ya Sukhoi-57 izajya icunga imbibi zacu, twayigura.”
Yakomeje agira ati: “Nzasaba uruhushya tuyigure, kuko dufite abanzi. Ndabiziko abo bandi batayifite, ndifuza kuzabaza igiciro iyo ndege igurwa. Tubikoze gutyo umwaka wazarangira tuguze indege 3. Ndifuza ko kugira ngo igihugu cyacu kigumane amahoro n’umutekano ko yagurwa, si amafaranga menshi.”
Indege zo mu bwoko bwa Sukhoi-57 zisanzwe zikorwa n’uruganda rwa Sukhoi-57 rwo mu Burusiya, zikaba indege za mbere zigezweho kandi ziteye imbere zikorerwa muri iki gihugu.
Kugeza ubu nta gihugu na kimwe kitari u Burusiya gitunze izi ndege, n’ubwo ibihugu nk’u Buhinde na Algeria bivugwa ko bifite gahunda yo kugura ziriya ndege bivugwa ko igiciro cyazo kiri hagati ya $ miliyoni 80 na 110.
Mbayahaga kandi ari gutekereza u Burundi kugura ziriya ndege, mu gihe iki gihugu gisanzwe kitagira n’indege imwe itwara abagenzi.


