Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana ku bwumvikane n’abanya-Nigeria: Chidiebere Nwobodo na Odibo Godwin bari bamaze amezi abarirwa muri atanu ari abakinnyi bayo.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yatandukanye n’aba bakinnyi yombi bari barayijemo bayihenze, nyuma yo kunanirwa kuyiha umusaruro bari bitezweho.
Yaba Chiedebere na Odibo bombi basatira izamu baciye ku mpande, nta n’umwe muri bo wigeze atsindira APR FC igitego na kimwe mu gice kibanza cya Shampiyona.
Chidiebere Nwobodo w’imyaka 21 yari Captain Wa Enugu Rangers yafashije gutwara shampiyona ya Nigeria mu mwaka ushize w’imikino.
Odibo Godwin washakishwaga cyane muri shampiyona ya Nigeria ndetse yaramaze kumvikana na Enyimba, APR FC yamusinyishije nyuma yo kumwemerera amafaranga iriya kipe ikomeye kurusha izindi muri Nigeria yamuhaga.
Aba bakinnyi bombi ku Cyumweru ntibagaragaye mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatsinzwemo n’Amagaju FC igitego 1-0.
Umunyamakuru Nkusi Denis ‘Mtangazaji’ ukunze gukurikiranira hafi ibyo muri APR FC yatangaje ko aba bakinnyi bombi mbere yo gusezererwa bahawe imperekeza y’amezi atandatu.
APR FC iheruka gusinyisha Abagande: Denis Omedi na Hakim Kiwanuka byitezwe ko bagomba gusimbura bariya banya-Nigeria.


