APR FC yatsinze Marines FC, umunyamahanga atsinda Hat-trick

Ikipe ya APR FC yatsinze Marines FC ibitego 3-1, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa Gatatu.

Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo.

Ni wo mukino wa mbere iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari ikinnye igaragaramo abanyamahanga, kuva mu myaka 11 ishize ubwo yafataga Politiki yo gukinisha abakinnyi b’Abanyarwanda gusa.

Ibi biri mu byatumye witabirwa n’abafana batari bake.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye APR FC iri imbere n’igitego 1-0 cyatsinzwe kuri penaliti na rutahizamu Victor Mbaoma Chukuemeka w’umunya-Nigeria.

Uyu rutahizamu ni na we watsinze igitego cya kabiri ku munota wa 60 w’umukino, mbere yo gutsinda agashinguracumu ku wa 77 w’umukino.

Marines FC yari yabanje kunyeganyeza incundura ku munota wa 54 w’umukino ibifashijwemo na Mbonyumwami Thaiba isanzwe yaratijwe na APR FC.

Biteganyijwe ko ikipe y’umutoza Thierry Froger igomba gukina undi mukino wo kwipima izahuriramo na Kiyovu Sports, mbere yo guhurira na Rayon Sports mu mukino wa Super Coupe uteganyijwe ku wa 12 Kanama.

Ni mbere y’icyumweru kimwe ngo Nyamukandagira itangire ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league izahuriramo na Gaadiidka FC yo muri Somalia.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *