APR FC yihanije Bugesera FC, yuzuza imikino 31 yikurikiranya idatsindwa

Ikipe ya APR FC yatsinze Bugesera FC ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere wabaye ku manywa yo kuri uyu wa Kane.

Ni shampiyona yari yasubukuwe nyuma y’ibyumweru bigera kuri bibiri itaba, kubera akaruhuko k’ikipe y’igihugu Amavubi.

Bugesera FC na APR FC zari zahuriye kuri Stade y’i Nyamata, mu mukino wo guhatanira igikombe cya shampiyona.

Ni APR FC yari yaguye miswi na AS Kigali igitego 1-1 ku munsi wa kabiri, mu gihe Bugesera yari yatsinzwe na Rayon Sports ibitego 3-1.

APR FC yafunguriwe amazamu na Omborenga Fitina kuri Coup-Franc, ku gitego cyo ku munota wa 33 w’umukino ari na cyo cyatandukanyije impande zombi mu minota 45 y’igice cya mbere cy’umukino.

Hari ku mupira Manishimwe Djabel yari acomekeye Nshuti Innocent, gusa abakinnyi ba Bugesera bahita bamukorera ikosa k’umurongo neza w’urubuga rw’amahina ryahise rivamo iriya Coup_Franc.

Ni igitego APR FC yabonye, nyuma y’uburyo abarimo Nsanzimfura Keddy, Jacques Tuyisenge na Lague bari bagiye bagerageza.

APR FC yatsinze igitego cya kabiri kuri penaliti yo ku munota wa 60 w’umukino ibifashijwemo na Djabel Manishimwe, nyuma y’ikosa Ntwari Jacques yakoreye Niyonzima Olivier Seif mu rubuga rw’amahina.

APR FC yashimangiye intsinzi yayo ku munota wa 90 w’umukino ibifashijwemo na Lague Byiringiro, nyuma yo gufata umupira akawinjirana mu rubuga rw’amahina mbere yo kunyeganyeza inshundura.

Gutsinda Bugesera byatumye APR FC yuzuza imikino 31 yikurikiranya idatsindwa muri shampiyona.

Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu iheruka gutsindwa umukino uwo ariwo wose muri Shampiyona ubwo yatsindwaga na Espoir FC ibitego 2-1, ku wa 25 Gicurasi 2019.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *