Ikipe ya Arsenal yagarukanye intsinzi muri shampiyona y’Abongereza yongeye gusubukurwa, nyuma yo gukura amanota atatu kuri West Ham United yari yayibanje ikayitsinda ibitego 3-1.
Iyi kipe y’umutoza Mikel Arteta yari yakiriye West Ham kuri Stade ya Emirates, mu mukino w’umunsi wa 15 wa Premier league. Ni umukino wanarebwe n’abarimo Arsène Wenger wari waje gushyigikira Arsenal yahoze atoza bwa mbere kuva muri 2018.
Byasabye Arsenal akazi gakomeye mu gice cya kabiri cy’umukino, dore ko byayisabye kubanza kugombora igitego yari yatsinzwe ku munota wa 27 w’umukino mbere yo gushaka ibindi bibiri byo gushimangira intsinzi.
The Hammers bafunguye amazamu ku gitego cya Penaliti yinjijwe na Said Benrahma, nyuma y’uko myugariro William Saliba yari amaze kugusha mu rubuga rw’amahina Jarrod Bowen.
Byasabye umunota wa 53 w’umukino n’uwa 58 ngo icyizere cya Arsenal cyo gutsinda uyu mukino kigaruke, ubwo Bukayo Saka na Gabriel Martinelli batsindaga ibitego bibiri mu minota itanu.
Iyi kipe isanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda yashimangiye intsinzi yayo ku munota wa 69 ibifashijwemo na Eddie Nketiah wari wafashe umwanya wa rutahizamu Gabriel Jesus wavunikiye mu mikino y’Igikombe cy’Isi.
Nyuma y’umukino, akanyamuneza kari kose ku bafana ba The Gunners; by’umwihariko kuri Wenger wayubakiyemo ibigwi bikomeye.
Uyu mukambwe usigaye akora muri FIFA yavuze ko ijoro ryakeye kuri we wabaye “umunsi udasanzwe.”
Gutsinda uyu mukino byatumye Arsenal ikomeje kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’Abongereza yuzuza amanota 40 mu mikino 15 imaze gukina, ikaba irusha arindwi Newcastle United yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo kunyagira Leicester City ibitego 3-0.
Ni umwanya cyakora cyo iyi kipe ishobora gutakaza, mu gihe Manchester City irushwa amanota umunani na Arsenal yaba ishoboye gutsinda Leeds United izasura kuri uyu wa Gatatu.


