Umufaransa Arsène Wenger wahoze atoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, ari hano mu Rwanda aho yitabiriye inama ya Komite nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).
Ni inama iteganyijwe kubera i Kigali kuri uyu wa Gatandatu, ikazayoborwa na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe.
Arsène Wenger wageze i Kigali mu kanya kashize, ni umwe mu bazaba bari muri iriya nama, akazayitabira nk’Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’Umupira w’amaguru mu mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA).
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino waherukaga mu Rwanda muri Werurwe, na we ari mu bazitabira iriya nama.
Urubuga rwa CAF rwatangaje ko ku murongo w’ibyo iriya nama izibandaho harimo gushyira mu bikorwa gahunda ya shampiyona y’amashuri yigisha umupira w’amaguru, amasezerano yerekeye imisifurire CAF na FIFA bihuriyeho ndetse na gahunda ya $ miliyari imwe yo guteza imbere ibikorwa remezo FIFA na CAF bihaye.
Inama kandi izigira hamwe ingengabihe y’amarushanwa y’umwaka wa 2022/24 ndetse n’imbogamizi zikunze kubaho mu bikorwa byo gusuzuma COVID-19 mbere y’imikino.


