Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat, yamaganye urupfu rwa George Floyd, umwirabura witabye Imana ku wa mbere w’iki cyumweru yishwe n’umupolisi wa Amerika.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru Faki yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatanu, yavuze ko Komisiyo “yanze ibikorwa by’ivangura bikomeje gukorerwa abirabura bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika. ”
Yagize ati “ Perezida wa AU yamaganye byimazeyo ubwicanyi bwabereye muri Leta zunze ubumwe za Amerika bwakozwe n’abapolisi bashinzwe kubahiriza amategeko, kandi yifuza guhumuriza cyane umuryango we (Floyd) ndetse n’abo akunda.”
Perezida wa AU yahamagariye abategetsi ba Leta zunze ubumwe za Amerika gushyiraho ingamba zihuse, mu rwego rwo gukuraho ihohoterwa ryose rishingiye ku moko no ku nkomoko rimaze gufata indi ntera muri kiriya gihugu.
Magingo aya muri Leta zitandukanye za Amerika hari kubera imyigaragambyo ikomeye, mu rwego rwo kwamagana urupfu rw’agashinyaguro rwakorewe George Floyd. Leta zabereyemo imyigaragambyo ikomeye zirimo iya Illinois, California, Memphis, Tennessee, Chicago na Los Angeles.
Inkuru bijyanye: http://bwiza.com/?Amerika-Umwirabura-wapfuye-atsikamiwe-ku-gakanu-n-umupolisi-yateje-impagarara
Mu ijoro ryakeye muri Leta ya Minnesota ho abigaragambya batwitse Station ya Polisi bamagana urugomo rukomeje gukorerwa abirabura.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko azifashisha abasirikare gutatanya abigaragambya, bakwanga hagakoreshwa amasasu.
Ubutumwa bwa Perezida Trump bwanenzwe n’abatari bake bamushinja guhembera urugomo.


