img_20241201_174620__1000_x_600_pixel_.jpg

Australia: Umugore wari utwaye imodoka yahungabanyijwe n’inzoka ifite ubumara yamwizingiyeho

Polisi yo mujyi wa Melbourne mu Gihugu cya Australia yatangaje ko yatabajwe nyuma y’uko umugore wari utwaye imodoka inzoka imwinjiranye mu modoka yaratwaye yizingazingira ku kaguru.

Uwo mugore yabwiye abapolisi ko yari atwaye imodoka ku muvuduko wa kilometero 80 ku isaha mu muhanda munini wa Monash, yumva ikintu ku kirenge cye arebye asanga n’inzoka yo mu bwoko bwa Tiger Snake arwana no kuyigobotora asohokamo yahungabanye .

Ikigo gishinzwe gufata inzoka kikazisubiza mu gasozi cyo mu mujyi wa Melbourne (cyitwa Melbourne Snake Control) cyavuze ko cyatangaje ko iyo nzoka yo mu bwoko bwa “tiger snake” imwe mu nzoka za mbere ku isi zigira ubumara bukaze.

Uwo mugore yajyanwe mu bitaro kuko hakekwa ko iyo nzoka yamurumye ku kaguru , amakuru atangazwa n’ ikigo gishinzwe gufata inzoka cyo mu mujyi wa Melbourne avuga ko ubu ameze neza.

Polisi yo muri leta ya Victoria yatangaje ko ubwo yatabaraga uwo mugore yasanze yamaze kuva mu modoka kandi ahangayitse ameze nk’uwihebye .

Iyo nzoka yakuwe mu modoka ijyanwa mu gasozi ahagenewe kuba inyamaswa zo mu gasozi nkuko byatangajwe n’ibinyamakuru ABC news gikorera muri Australia.

img_20241201_174620__1000_x_600_pixel_.jpg
Inzoka yakuwe mu modoka ijyanwa ahagenewe kuba inyamaswa zo mu gasozi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *