Bruce Melody na Shaddy Boo batawe muri yombi

Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu avuga ko umuhanzi Bruce Melodie na Uwimbabazi Shadia uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddy Boo, batawe muri yombi bashinjwa kurenga ku mabwiriza yo kurwanya Coronavirus no gukwiza urusaku. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yemeje aya makuru y’uko aba bombi bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus […]

Abahanzi 10 bakomoka mu Rwanda babaye ibyamamare ku isi

maxresdefault-7.jpg

Hari abahanzi batari bake bafite inkomoko mu Rwanda uzasanga barabaye rurangiranwa ku isi, nyamara abenshi mu banyarwanda batabazi ndetse batazi n’ibikorwa byabo cyangwa n’ababyumva ugasanga babyitirira abanyamahanga. Abenshi muri aba bahanzi bakorera umuziki wabo mu mahanga, ndetse usanga barabaye mu Rwanda igihe gito gishoboka cyangwa baravukiye mu mahanga ariko ababyeyi babo bakomoka mu Rwanda. 1. […]

Humble Jizzo yatangije ikigo cy’ubucuruzi mu Rwanda

Umuhanzi Manzi James, wamamaye nka Humble Jizzo ubarizwa mu itsinda rya Urban Boyz, yatangiye ikigo(company) cy’ubucuruzi bw’amazu n’ibibanza ndetse kikanatanga ubujyanama ku bigendanye na byo. Akimara gushyira “post” ku rukuta rwe rwa Instagram, iranga ubu bucuruzi yatangije, Humble Jizzo yifurijwe ishya n’ihirwe n’abamukurikira ndetse bamwe bamubwira ko aziye igihe, bavuga ko imikorere yari isanzweho itacaga […]

Shaddy Boo yavuze ku gihuha cy’abavugaga ko yaraye muri Gereza

screenshot_20200811-070850_1597130621118.jpg

Umunyamiderikazi Mabazi Shadia uzwi cyane nka Shaddy Boo, yahakanye amakuru yita ko ari ibihuha yamuvuzweho ejo kuwa 10 Kanama 2020, yavugaga ko yatawe muri yombi akaba anaraye mu buroko. Aya makuru yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga n’uwiyita The Cat Babalao ukunze gutangaza amakuru atandukanye ku byamamare abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yagize ati” Aho tuvugira aha […]

Bruce Melody yahakanye ibyo gusinyisha The Ben anavuga ko nta lebel agira

screenshot_20200810-163312_1597070018340.jpg

Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi cyane nka Bruce Melody, yahakanye amakuru yavugaga ko yasinyishije The Ben ndetse anavuga ko kugeza ubu na ‘lebel’ itunganya umuziki agira. Ibi yabitangaje ku rukuta rwe rwa Twittet, anyomoza amakuru yise ibihuha yatangajwe ejo na Radio B&B Umwezi, ivuga ko umuhanzi The Ben (Tiger B nk’uko akunze kwiyita) yaba yamaze kwinjira […]

Twinyesebura: Indirimbo irimo amashusho y’ubusambanyi bweruye iri kubica bigacika

screenshot_20200810-140447_1597062548339.jpg

Umunsi umwe indirimbo “Twinyesebura” imaze kuri ‘YouTube channel’ y’uwitwa The Cat Babalao, imaze kurebwa n’abarenga 8200 ari nako ivugwaho n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye kubera ubukarihe bw’amashusho yayo burimo ibikorwa bisa n’ubusambanyi bweruye. Amashusho y’iyi ndirimbo yategujwe abantu kuwa 20 Nyakanga ubwo The Cat yabinyuzaga ku rukuta rwe rwa Instagram, abaza abafana be niba […]

Miss Vivine avuga ko hari abamugendaho

img-20200810-wa0006.jpg

Nyuma y’ifatwa ry’abantu 9 bari bamusuye, Vivine Uwizeye uzwi nka Miss Vivine aratabaza inzego bireba avuga ko ibiri kumubaho byose bifite abantu bamugendaho babyihishe inyuma kandi ko biri kumugiraho ingaruka zikomeye we n’umuryango we. Ifatwa ry’aba bantu 9 ryabaye mu ijoro ryo kuwa 9 Kanama 2020, mu mudugudu wa Ihuriro, mu kagari ka Gatenga, mu […]

Abashoferi 87 bahaniwe gusuzugura amabwiriza ya polisi n’ayo kwirinda Covid-19

Mu igenzura ryakozwe na Polisi y’u Rwanda kuva tariki ya 27 Nyakanga 2020, ryagaragaje abashoferi 87 barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Mu mabwiriza yakunze kugonga aba bashoferi harimo iryo kutarenza isaha ya saa tatu bataragera aho bataha, gusuzugura amabwiriza bahabwa n’abapolisi iyo babahagaritse muri iryo joro no […]

Bobi Wine abaye Perezida, najya mu buhungiro_Eddy Kenzo

Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda, Edirisa Musuza uzwi nka Eddy Kenzo yatangaje ko mugenzi we, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine abaye Perezida wa Uganda, yava muri Uganda akitwa impunzi. Ibi Eddy Kenzo yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri telefoni, avuga ko Bobi Wine ari mubi kurusha Museveni. Yagize ati: “Reka mbabwire, Bobi Wine […]

The Cat agiye gusohora amashusho y’indirimbo yise ‘Twinyesebura’

screenshot_20200808-134838_1596887509445.jpg

The Cat wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga na “YouTube channel” ye ‘The Cat Vevo250’, yatangaje ko agiye gusohora indirimbo afatanyije n’abandi bahanzi yise “Twinyesebura”. Uyu musore wibazwaho na benshi kubera ibyo atangaza bibitse amabanga akomeye akenshi aba azwi na ba nyirayo gusa, ntazwi isura ye n’amazina cyangwa aho atuye mu buryo bweruye. Cyakora cyo byakunze […]