Ibirungo Sunny yisize byatumye abamukurikira bamwanjama

Umuhanzikazi Ingabire Sunny Dorcas, wamamaye ku izina rya Sunny, yibasiwe n’abamukurira ku rukuta rwe rwa Instagram, nyuma y’ifoto yari amaze gushyiraho avuga ko ibirungo(makeups) ari byo bigira umugore kuba mwiza. Nyuma y’amasaha atageze kuri 2 Sunny ashyizeho ‘post’ y’ifoto ye n’amagambo agira ati: “Umugore wese wisize ibirungo aba mwiza”, abamukurikira bahise bamwanjama batangira kumubaza niba […]
Ngabo Médard na Nel Ngabo bagaragarijwe urukundo ku isabukuru yabo y’amavuko

Abahanzi Nel Ngabo na Ngabo Médard uzwi cyane nka Meddy, bagaragarijwe urukundo rudasanzwe n’abafana babo kuri iyi tariki bizihirizaho isabukuru yabo y’amavuko. Nel Ngabo wabonye izuba ku itariki nk’iyi muri Kanama ko muri 1997, yujuje imyaka 23 y’amavuko n’aho Meddy wujuje imyaka 31, yavutse tariki nk’iyi muri Kanama mu 1989. Aba bombi si itariki y’amavuko […]
Umuhanzi Lion Gaga yasohoye indirimbo yise ‘Rekura Amazi’ yavugishije benshi
Umuhanzi Lion Gaga, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Rekura Amazi,” yiganjemo amagambo y’ibishegu aharawe cyane n’abahanzi nyarwanda bakora umuziki ugezweho muri iyi minisi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya ‘Reggae’, igizwe n’iminota 3 gusa nk’uko umuhanzi atangira abivuga mu ndirimbo, aho agira ati” Indirimbo nkuririmbira ni iy’urukundo ngukunda. Nk’ibisanzwe ntabwo itinda ni iminota 3 gusa”. […]
Aho kumpa abakristu nk’abo mbona i Kigali wampa ba Shaddy Boo 300_Apôtre Mutabazi
Umuvugabutumwa akaba n’umwanditsi, Apôtre Mutabazi Kabarira Maurice, ukunze kutavugwaho rumwe kubera amagambo adasanzwe yagiye atangaza mu biganiro agirana n’itangazamakuru, yavuze ko aho kumuha abakiristu nk’abo abona muri Kigali wamuha ba Shaddy Boo 300. Mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, Apôtre Mutabazi yagarutse ku bakiristu b’i Kigali bacira imanza abantu bagendeye ku kuntu bababona haba mu […]
Abarimu basaba kwimurirwa hafi y’imiryango bavuga ko bashyirwaho amananiza
Abarimu bakorera kure y’imiryango yabo bavuga ko bahura n’imbogamizi z’ibyemezo basabwa bisa n’amananiza iyo bari gusaba guhindurirwa aho bakora ngo begere imiryango yabo. Bumwe mu buryo bufasha mwarimu gutera imbere harimo no gukorera hafi y’aho atuye kuko bimurinda gusesagurira amafaranga mu ngendo, gukodesha inzu ndetse no kugura amafunguro n’ibikoresho byo mu rugo rushya yaba yimukiyemo. […]
Abashinzwe amasomo mu mashuri yisumbuye (Dos) barinubira umushahara utajyanye n’inshingano bakora
Abarezi bashinzwe amasomo (Directors of Studies) mu mashuri yisumbuye hirya no hino mu gihugu,barasaba Minisiteri y’Uburezi n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi(REB) kubahindurira umushahara kuko uwo bahabwa udahura n’inshingano bakora. Hashize imyaka myinshi mu burezi, aba barezi bashinzwe amasomo ndetse akenshi bakunze kugirwa abasigire b’Umuyobozi w’ishuri kuko bamwungirije, bahembwa amafaranga nk’ayo abarimu baba bayoboye bahembwa. Aba […]
Harmonize yasinyishije icyamamare Young Skales muri ‘Konde Gang’

Umuhanzi wo mu gihugu cya Tanzania, Rajab Abdul Kahari wamamaye nka Harmonize, yasinyishije mu nzu ye ‘Konde Gang’, icyamamare Young Skales cyo muri Nigeria. Umuyobozi wa ‘Konde Gang Music label’, Harmonize, yatunguranye ubwo yasinyishaga umuhanzi Young Skales ufite izina rikomeye ndetse akaba yaranatangiye umuziki imyaka itari mike mbere y’uko Harmonize awuzamo. Ubufatanye bw’aba bahanzi n’amasezerano […]
Abize ishami ry’Insimburangingo n’Inyunganirangingo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko birengagijwe
Abize Ubuvuzi mu bijyanye n’Insimburangingo n’Iyunganirangingo muri Kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko birengagijwe n’inzego zakabarengeye haba ku isoko ry’umurimo ndetse no muri Minisiteri y’Ubuzima ibareberera. Kaminuza y’u Rwanda yasohoye abize aya masomo bwa mbere mu 2014. Kuva icyo gihe, Kaminuza yakomeje kwigisha no gusohora abarangije kwiga iby’Insimburangingo n’Inyunganirangingo ndetse bakanakora ikizamini kizwi nka ‘Council’ kibashyira […]
Diamond yatangaje ko ilayidi itaha azayizihiza afite umugore

Umuhanzi, Naseeb Abdul Juma Isaka, uzwi nka Diamond Platnumz, yatangaje ko mu gihe kitarambiranye azakora ubukwe n’ubwo ateruye ngo avuge ukwezi ndetse n’umukobwa bazabukorana. Uyu muhanzi w’icyamamare akaba n’umuyoboke w’Idini ya Islam, yatangaje ibyerekeranye n’ubukwe bwe mu butumwa bwaherekeje amafoto yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, ari kumwe n’umuryango we kuri uyu munsi Mukuru w’Ilayidi […]
Shaddy Boo yaborotse Yolo The Queen wamuguranye imodoka nshya

Umukobwa ufatwa nk’umwamikazi wa Instagram mu Rwanda, Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo, yamaze kuboroka mukeba we, Yolo The Queen, basanzwe bahanganye mu bikorwa byabo byo kumurika imideri, nyuma y’imodoka yaguze. Iki kizungerezi, Yolo The Queen gifite inkomoko mu gihugu cy’u Burundi, ntamaze igihe kinini kuri Instagram kuko akurikirwa n’abagera ku bihumbi 67.7 mu gihe […]