Jay C arakora ubukwe n’umugore we anahabwe isakaramentu ryo gukomezwa

Umuririmbyi muri Hip Hop nyarwanda, Muhire Jean Claude uzwi cyane nka Jay C, kuri uyu wa Kane yasezeranye imbere y’amategeko na Ishimwe Diane, bamaranye imyaka itanu babana. Jay C usanzwe ari umukristu gatolika, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko mu muhango wabereye ku biro by’umurenge wa Gikondo, kuri uyu wa gatanu ni bwo asezerana imbere y’Imana […]
Chris Brown yaciye amarenga ko atakiri mu rukundo n’umugore we
Umubyinnyi Christopher Maurice Brown, wamenyekanye mu muziki nka Chris Brown, yaciye amarenga ko kuba atakiri mu rukundo n’uwari umukunzi we, umunyamideri Ammika Harris. Uyu musore w’imyaka 30 y’amavuko, aherutse gusiba abantu barimo n’umukunzi we ku rukuta rwe rwa Instagram, asigazaho umuntu umwe ari we umukobwa we, Royalty Brown, w’imyaka 6 y’amavuko. Chris Brown uheruka gusohora […]
Drake yambuye intebe Madonna aba umuhanzi ufite indirimbo 10 zikunzwe cyane ku isi
Umuraperi w’Umunyakanada, Aubrey Drake Graham wamamaye nka Drake, yaciye agahigo ko kugira indirimbo nyinshi zikunzwe ku isi ku rutonde rwa Billboard,kuva uru rutonde rwabaho. Aka gahigo mu myaka 12 ishize, kari gafitwe n’umuririmbyi Madonna ufite indirimbo 38 zakunzwe cyane mu mateka ya Billboard Hot 100, ubu akaba ari uwa 2 kuko Drake we yagize indirimbo […]
Abize ECE muri Kaminuza y’u Rwanda baratabaza REB na MINEDUC
Abize Ishami rya Early Childhood Education (ECE) muri Kaminuza y’u Rwanda, baratabaza REB na MINEDUC nyuma yo kurangiza kwiga bagasanga nta hantu bakenewe ku isoko ry’umurimo kandi Kaminuza ikaba ikomeje gusohora abantu bize iri shami. Kaminuza y’u Rwanda yasohoye abize Early Childhood Education(ECE) bwa mbere mu mwaka wa 2016, bari bateganyirijwe ahanini kuba abatoza ku […]
Hari abarimu bavuga ko bagihemberwa impamyabumenyi ya A2 kandi bafite A0
Bamwe mu barimu baribaza impamvu hakiri abarimu bafite impamyabumenyi ya A0, bigisha mu mashuri yisumbuye ariko bagahemberwa impamyabumenyi ya A2 kandi batanga umusaruro ukwiye ndetse banafite impamyabumenyi yakabahesheje umushahara mwiza. Nyuma y’icyemezo cya Minisiteri y’Uburezi cyo kuvanaho abarimu bigishaga mu mashuri yisumbuye batabifitiye impamyabumenyi, bamwe mu barimu bahise bafata iya mbere bakomeza amashuri ndetse babasha […]
Perezida Kagame yategetse ko ibendera ry’u Rwanda n’irya EAC yururutswa mu rwego rwo kunamira Benjamin Mkapa

Perezida Paul Kagame yategetse ko ibendera ry’u Rwanda n’iry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho riri ku butaka bw’u Rwanda, yururutswa kugeza hagati, mu gihe cy’iminsi 3 uhereye tariki 27 kugeza 29 Nyakanga 2020. Urupfu rw’uwahoze ari Perezida wa gatatu wa Tanzania, Benjamin William Mkapa, rwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa 24 Nyakanga 2020, agwa mu bitaro […]
Minisitiri Dr Uwamariya avuga ko ubutumwa busaba abarimu kugaruka ku mashuri bwakiriwe uko butari

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko ubutumwa buhamagarira abarimu kugaruka ku mashuri hari ababwakiriye uko butari, asobanura icyo mwarimu asabwa ari ukugira uruhare mu kunoza imyiteguro isubukura amasomo. Itangazo Minisiteri y’Uburezi yanyujije kuri Twitter, rirahamagarira abarimu kugaruka ku bigo by’amashuri bakoreraho, ngo bafatanye n’abayobozi b’ibigo byabo gukurikirana ibikorwa by’ubwubatsi bw’amashuri. Riragira riti: “Minisitiri w’Uburezi […]
Liza Kamikazi yavuze ko abahanzi nyarwanda bari kwigira ibikoresho bya Satani
Umuhanzikazi Umuhire Solange wamamaye nka Liza Kamikazi yikomye abahanzi nyarwanda bakomeje gukora indirimbo yita ko zihamagarira abantu gukora ubusambanyi, avuga ko bari kwigira ibikoresho bya Satani batabizi. Liza umaze kuba umubyeyi w’abana 3, avuga ko ibyo ari kubona mu muziki nyarwanda w’iki gihe abifata nk’ishyano igihugu cyagushije. Yagize ati: “Ni ishyano! Kubona umuntu akora indirimbo […]
EAC yategetse ko amabendera yayo yururutswa mu kunamira Benjamin Mkapa
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, wasohoye itangazo ritegeka ibihugu byose biwugize kururutsa amabendera yawo ari ku butaka bwabyo, uhereye none kugeza igihe Benjamin William Mkapa azashyingurirwa, mu rwego rwo kumuha agaciro. Mbere y’uko iri tangazo risohoka, Perezida Uhuru Kenyatta, yari yategetse icyunamo cy’iminsi 3 mu gihugu hose, ndetse ibendera ry’igihugu n’irya EAC akazamanurwa uhereye kuwa […]
Couples 5 z’ibyamamare mu Rwanda ziri kubica bigacika

Muri iyi minsi mu Rwanda hamaze iminsi amakuru atandukanye avuga ku byamamare nk’abahanzi, abanyamakuru, abakina imikino itandukanye, abanyapolitiki n’abandi. N’ubwo bisigaye byoroshye kumenya ubuzima bayeho, usanga hari amakuru y’ibanga ajyanye n’urukundo abakunzi b’ibyamamare batamenya ku buzima bwabyo. Uyu munsi iyi nkuru irakwereka ‘couples’ 5 z’ibyamamare mu Rwanda utaruzi, inagusangize ku buzima bwabyo. 1.The Ben na […]