Videwo ya Bruce Melody yishimana na Sacha Kate yaciye abafana ururondogoro

Nyuma y’amasaha make ngo asohore amashusho y’indirimbo “Saa Moya”, umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi muri muzika nka Bruce Melody, yagaragaye muri videwo ari kumwe na Sacha Kate wagaragaye mu mashusho y’iyi ndirimbo, bagiranye ibihe byiza. Mbere yo gushyira “Saa Moya” ku mbuga zicuruza umuziki, Melody yabanje gushyira videwo ngufi ku rukuta rwe rwa Instagram, imugaragaza we […]
Butera Knowless amaze gushyira hanze amashusho y’indirimbo “Player” ikebura abasore
Umuhanzikazi Butera Knowless kuri uyu wa Kane tariki 23 Nyakanga 2020, amaze gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya “Player” ikebura abasore bigize abakinnyi mu rukundo. Muri iyi ndirimbo, Knowles atangira agira ati” Wigize Ronaldo, ntawe mukundana ngo ntumuce inyuma[…]” Akomeza abwira umusore ko umukobwa kuba amukunda atari amafaranga amukurikiranyeho, kuko na we ubwe yifitiye aye […]
Mani Martin yeretse Kate Bashabe ubwuzu amufitiye amwitura kumuboroka kuri Instagram

Umuhanzi Mani Martin, ntiyahiriwe n’urugendo rusa n’urwakongezaga ikibatsi cy’urukundo ku munyamideri Kate Bashabe, aho mu minsi ishize, yamweretse ubwuzu amufitiye undi akamwitura kumuboroka ku rubuga rwa Instagram. Mu minsi ishize umunyamideri Kate Bashabe, ukurikirwa n’imbaga y’abarenga ibihumbi 459 kuri Instagram, yashyize ifoto kuri urwo rubuga yifuriza abakunzi be icyumweru cyiza maze abafana bayisamira hejuru nk’ibisanzwe […]
Burundi: Perezida Ndayishimiye ngo ashyize imbere gucyura impunzi no kurwanya ruswa
Perezida Evaliste Ndayishimiye yavuze ko ku ngoma ye, ibintu by’ingenzi ashyize imbere ari ugucyura impunzi z’Abarundi ndetse no guhangana n’ikibazo cya ruswa kikigaragara mu gihugu cye. Ibi Perezida Ndayishimiye yabitangaje ubwo yatangizaga umwiherero w’abagize Guverinoma mu ntara ya Ngozi, uzamara iminsi itatu. Mu ijambo rye, Perezida Ndayishimiye yavuze ko manda ye ari umwanya mwiza kuri […]
Diamond yatunguye umuhanzi we Zuchu amuha impano y’imodoka

Icyamamare muri muzika ya Tanzania no muri Afurika muri rusange, Diamond Pltatnumz, yatunguye umuhanzikazi Zuchu yari aherutse gusinyisha mu nzu ye itunganya umuziki, Wasafi, amuha impano y’imodoka. Ibi byabaye kuwa 18 Nyakanga 2020, mu mujyi wa Dar es Salaam aho umuririmbyikazi Zuchu yakoraga igitaramo cyanyuze kuri Televiziyo ya Wasafi, kigamije gushima igihe cy’amezi 4 amaze […]
U Rwanda rumaze guhomba miliyoni $48 kubera inama zasubitswe
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku nama (MICE), kirabarura igihombo kingana na miliyoni $48 (asaga miliyari Rwf 45), cyatewe n’isubikwa ry’inama u Rwanda rwari kwakira, biturutse ku cyorezo cya coronavirus. Ibi Minisitiri w’Ubucutuzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye, yabitangarije mu kiganiro n’Itangazamakuru yatanze ejo kuwa Mbere, cyari kigamije gusangiza abanyarwanda amakuru ajyanye na coronavirus Minisitiri […]
ITU ivuga ko interineti mu Rwanda ihenze cyane
Raporo y’Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe Itumanaho ku isi (ITU), yashyize u Rwanda mu bihugu 30 bifite internet ihenze ku isi, aho abakoresha internet bayitangaho 7.1% by’umutungo binjiza kugira ngo bagere ku makuru n’izindi serivisi bifuza Muri raporo nshya, ITU igaragaza ko impuzandengo y’uruhare rwa buri munyarwanda ku musaruro mbumbe w’igihugu, arwishyuraho interineti ya GB 2 ubarirwa […]
Kirehe: Uwiyitaga umucamanza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’ibihumbi 170
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruremeza ko kuri uyu wa Mbere rwataye muri yombi uwitwa Mbonyumugenzi Jean Pierre wo mu kagari ka Rubirizi, umurenge wa Nasho ho mu karere ka Kirehe, wafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’ibihimbi 170 mu bihumbi 300 yari yaciye umuturage ngo amufashe yiyitirira umucamanza. Umuvugizi wa RIB w’umusigire, Bahorera Dominique, yabwiye Bwiza.com […]
Nick Minaj yatangarije abakunzi be ko atwite

Umuraperikazi Onika Tanya Maraj, wamamaye cyane nka Nick Minaj, abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere, yatangarije isi ko atwite imfura ye. Nick Minaj w’imyaka 37, mu kwezi k’Ukwakira 2019, yari yashyize ubutumwa ku rukuta rwe rwa Instagram avuga ko ari mu rukundo na Kenneth Petty w’imyaka 40, ari na we uramutswa umwana […]
Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho ibiciro byo kwipimisha coronavirus ku bakora ingendo zijya mu mahanga
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yamaze kugena ahantu n’amafaranga abifuza kujya mu mahanga bavuye mu Rwanda bazajya bishyura, kugirango basuzumwe coronavirus mbere y’uko bafata urugendo. Ibi Minisitiri w’Ubuzima yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, asobanura ko ahantu ibipimo bizajya bifatirwa ndetse n’amafaranga abapimwa bazishyura byamaze kwemezwa. Yagize ati ” Abifuza gukora ingendo zijya mu mahanga bazajya babanza […]