U Rwanda rwasinyanye amasezerano na Maroc agamije guhererekanya abanyabyaha

Mu nama y’Inteko Rusange ya Sena yateranye ejo kuwa 13 Nyakanga 2020, hatowe itegeko ryemeza burundu amasezerano yo guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha hagati y’u Rwanda n’Ubwami bwa Maroc. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Nyirahabimana Solina, yavuze ko aya masezerano agamije guhana amakuru n’ubufatanye mu gukusanya ibimenyetso ndetse no gukurikirana ibyaha mu buryo bwihariye hagati y’u […]
Muhanga: Urukiko ruzatangaza umwanzuro ku byaha bya jenoside biregwa umuyobozi wa Kaminuza ya Gitwe
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga biteganyijwe ko ejo tariki 15 Nyakanga 2020, ari bwo ruzafata umwanzuro ku byaha ubushinjacyaha burega uwitwa Gérard Urayeneza ukekwaho icyaha cya Jenoside no kuzimanganya ibimenyetso. Biteganyijwe ko kuri uyu wa gatatu, Urayeneza azakatirwa n’urukiko aho yaburanaga ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Urayeneza usanzwe ari umushoramari uzwi mu Rwanda kuko afite amashuri abiri […]
Perezida Magufuli yakiriye Diamond na Ali Kiba mu biro bye

Perezida John Pombe Magufuli yatumiye mu biro bye abahanzi b’ibyamamare mu muziki wa Tanzania, Diamond na Ali Kiba, mu busabane bwatumiwemo abitabiriye inama nkuru ya ‘Chama Cha Mapinduzi’ iherutse kuba ku wa 11 Nyakanga 2020. Nk’uko igitangazamakuru Tuko cyabitangaje, Perezida Magufuli yashimiye aba bahanzi bombi ku kuba baremeye kwirengagiza amakimbirane bari bafitanye, bakemera kunga imbaraga […]
Diamond na Ali Kiba basusurukije abitabiriye inama nkuru ya CCM ku rubyiniro rumwe

Ibyamamare mu muziki mu gihugu cya Tanzania, Diamond Platnumz na Ali Kiba bwiho kudacana uwaka bagaragaye ku rubyiniro rumwe aho bari mu bahanzi batoranyijwe ngo basusurutse abitabiriye inama nkuru y’ishyaka ‘Chama Cha Mapinduzi’ yari igamije kwerekana umukandida waryo mu matora ya Perezida. Aba bahanzi bakunze kurangwa n’intambara y’amagambo hagati yabo, basangiye urubyiniro ndetse buri umwe […]
Magufuli yemejwe n’ishyaka rye nk’umukandida mu matora ya Perezida
Perezida John Pombe Magufuli yemejwe n’ishyaka ryei ‘Chama Cha Mapinuzi’ nk’umukandida ku mwanya wa Perezida mu matora ateganyijwe mu k’Ukuboza 2020. Perezida Magufuli yari yasabye kuba yahabwa andi mahirwe yo kuyobora indi manda, aho yatangaga impamvu y’uko hari imishinga n’ibikorwa bitandukanye byateguwe muri manda ye ya mbere nyamara ikaba igiye kurangira bimwe muri byo bidashyizwe […]
Afurika y’Epfo: Babiri mu bahatanira ikamba rya Nyampinga ni ba Dogiteri

Abakobwa babiri, Karishma Ramdev na Thato Mosehle, bahatanira ikamba rya nyampinga muri Afurika y’Epfo, ndetse bakaba no muri 15 bageze muri 1/2 cy’irangiza,ni abadogiteri bita ku barwayi ba covid-19. Karishma akora mu bitaro bya Charlotte Maxeke Johannesburg Academic Hospital (CMJAH), aho akomereza gukora anongerera ubumenyi naho Thato ni Dogiteri ku bitaro bikuru bya Klerksdorp Tshepong […]
ONU yemeje ko Amerika yishe Gen. Soleimani idakurikije amategeko
Raporo ya ONU ivuga ko igitero cyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kwica umujenerali mukuru wa Irani, Qaseem Soleimani, kitakurikije amategeko mpuzamahanga. Mu cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’umuhanga wa ONU mu bijyanye n’ubwicanyi budakurikije amategeko, Agnes Callamard, kivuga ko Amerika itari yatanze gihamya zigaragaza ko Gen. Soleimani yateguraga ubwicanyi bwari gutuma haba kiriya gitero, […]
RBC iri gutegura gahunda yo gupimira covid-19 ku mihanda mu ntara
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima, RBC, kiri gutegura ingamba nshya zo gutangira gupimira icyorezo cya covid-19 ku mihanda, mu turere tugize intara nyuma y’uko iyi gahunda ku ikubitiro yari yaratangiriye mu mujyi wa Kigali. Iyi gahunda yatangiye mu cyumweru gishize, ifite intego yo gupima nibura abageze ku bihumbi bitanu(5000), icyiciro cya mbere kikaba cyasojwe kuri […]
U Rwanda rwakiriye inkunga ya miliyari 152 rwf zo kuzamura ubumenyi mu iterambere
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano ya miLiyari 152 z’amafaranga y’u Rwanda na Banki y’Isi, agamije gufasha iki gihugu muri gahunda zigamije kongera ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo mu nzego zitandukanye hagamijwe iterambere. Aya masezerano yasinywe hagati ya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ubulayi (EU), aho Leta yasinyiye amafaranga angana na miliyoni €10 akabakaba miliyari Rwf […]
Rwiyemezamirimo Nkubiri Alfred yongeye gutabwa muri yombi
Ku nshuro ya kabiri, rwiyemezamirimo wagemuriraga u Rwanda inyongeramusaruro zikoreshwa mu buhinzi, Nkubiri Alfred yongeye gutabwa muri yombi na RIB, we n’abandi 8 aho bakurikiranyweho kunyereza ifumbire ifite agaciro ka miliyari 9 z’amafaranga y’u Rwanda. NKubiri wamaze gukorerwa dosiye na bagenzi be, asanzwe ari umushoramari ufite uruganda rwa ENAS rutuganya rukanageza ifumbire ku baturage. Uyu […]