Nigeria: Umukobwa ushinjwa ‘gutuka’ umugore wa perezida yafatiwe imyanzuro

I?birego byakuweho ku munyeshuri wo muri Nigeria watawe muri yombi kubera ubutumwa bwo kuri Twitter bivugwa ko yashinjemo umugore wa Perezida gukoresha nabi amafaranga ya leta. A?bategetsi bashinje Aminu Adamu gusebya Aisha Buhari no gukwiza amakuru “atari ukuri”, ibyo we yahakanye. U?mwunganizi we mu mategeko Chijioke Kingsley Agu yabwiye BBC ko ikirego cyo mu rukiko […]

Haburijwemo Indi coup d’etat muri Burkinafaso

Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Captain Ibrahim Traore, yatangaje ko mu cyumweru gishize hari abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi bwe, avuga ko atazabata muri yombi ahubwo azagirana nabo ibiganiro. Mu cyumweru gishize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hadutse ibihuha byo guhirika ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Burkina Faso. Ku cyumweru no kuwa Mbere nijoro, haba imyigaragambyo y’abashyigikiye Capt. Traore […]

Abakunzi ba ruhago nyarwanda bakiriye inkuru y’inshamugongo

Umwe mu bagize uruhare mu kuzamura umupira w’amaguru mu Rwanda witwa Muramira Gregoire, wari umuyobozi w’irerero rya Isonga Academy, yitabye Imana, bishengura abasanzwe bakurikiranira hafi umupira w’amaguru mu Rwanda. Muramira Gregoire yitabye Imana nyuma y’ukwezi kumwe, uwari umwungirije muri Isonga witwa Christian na we apfuye. Inkuru y’urupfu rwa Muramira Gregoire, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri […]

Indege ya Air Tanzania yafatiriwe mu Buholandi

Leta y’u Buholandi yafatiriye imwe mu ndege z’ikigo cya Tanzania gikora ingendo zo mu kirere, Air Tanzania kubera ideni iki gihugu kibereyemo Ikigo cyo muri Suède cyayitsinze mu rubanza. Ikinyamakuru The Citizen kivuga ko iyi ndege yafatiwe ku kibuga cyo mu murwa mukuru, Amsterdam ku itegeko ryatanzwe n’Urukiko rwo mu Buholandi. Ifatirwa ry’iyi ndege ryaturutse […]

Bamporiki agiye gusubira mu rukiko

Urukiko Rukuru rwamaze gushyiraho itariki yo kuburanishaho ubujurire bwa Bamporiki Edouard wigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, uherutse guhamwa n’ibyaha akurikiranyweho agakatirwa gufungwa imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 Frw. Urukiko Rukuru rwajuririwe muri iki kirego kiregwamo Bamporiki, rwamaze gutangaza itariki ruzaburanishaho urubanza rw’ubujurire, ruzaba tariki 19 Ukuboza 2022. Bamporiki Edouard yahamijwe ibyaha akurikiranyweho mu […]

M23 yafashe Kisheshe yari amatware ya FDLR

Abarwanyi b’umutwe wa M23 bigaruriye agace ka Kishishe gaherereye muri Bambo muri teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Aka gace kari kamaze igihe karimo ibirindiro by’umutwe wa Mai Mai na FDLR. Bivugwa ko M23 yakigaruriye nyuma y’imirwano ikomeye yasize abarwanyi b’iyo mitwe bakuwe mu birindiro. Mu minsi ishize, M23 yari yavuye muri ako […]

Hadutse urujijo mu rubanza rwa Gen Mujyambere warinze Habyarimana

Abacamanza bagaragaje urujijo ku bisobanuro byatanzwe na Gen Mujyambere n’uburyo yari umuntu ukomeye muri FDLR, mu gihe we yavugaga ko nta mabwiriza ayo ariyo yose yigeraga atanga. Urukiko rukuru urugereko rwarwo ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka rwumvise abandi bahoze bafite inshingano mu mutwe wa FDLR bafatiwe muri DR Congo bakorezwa mu Rwanda mu myaka ishize. General’ […]

Perezida Kagame yavuze igituma abayobozi inshingano zibaremerera bikavamo ibibazo

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko abayobozi aribo ba nyirabayazana mu gutuma inshingano zabo zibaremerera, bikavamo ibibazo bitewe no kwirebaho bo ubwabo n’inyungu zabo aho gushyira imbere inyungu z’igihugu n’abagituye. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2022, ubwo yari mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma aribo; […]

Musanze: Umuryango wa Mutiyomba wakubiswe nyuma agapfa urasaba ko ababikoze bafatwa

Uwera Clarisse, umukuru mu muryango wa Arsene Mutiyomba, uherutse gukubitirwa ahitwa ku Kirabo mu Mudugudu wa Mubona, Akagari ka Kigombe,Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, nyuma agapfa, arasaba ko abantu bakubise uyu mugabo bafungwa mu gihe hagitegerejwe raporo ya muganga yemeza icyamwishe kuko inkoni ziri mu bikekwa kuba intandaro y’urupfu. Uwajeneza Francine, wabonye Mutiyomba akubitwa, […]

Dr Ngamije yagize icyo avuga nyuma yo gukurwa ku buminisitiri

Dr Ngamije Daniel yavuze ko yagize amahirwe kuba yaragiriwe icyizere na Perezida Kagame akayobora Minisiteri y’Ubuzima. Kuwa 28 Ugushyingo 2022, nibwo Dr Ngamije yasimbujwe Dr Sabin Nsanzimana ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima. Uyu mugabo kuri Twitter kuri uyu wa 29 Ugushyingo, yanditse ngo “Namahirwe adasanzwe kuba naragiriwe ikizere na Nyakubahwa President wa Repubulika nkayobora Minisiteri […]