Polisi yatangije iperereza ku makamyo ya HOWO
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Itangazamakuru, RBA, cyatangaje ko polisi y’u Rwanda yabwiye abasenateri ko ifatanyije n’abakora ikamyo zizwi nka HOWO barimo gukora iperereza ngo barebe igituma zikunze gukora impanuka. Imibare igaragaza ko muri uyu mwaka wa 2022, abantu 15 bishwe n’impanuka z’izi kamyo. Ikibazo cy’impanuka zihitana abantu giherutse guhagurutsa abasenateri, basura uturere dutandukanye bareba ingamba zihari […]
Somalia: Umunani bapfuye mu rugamba rwamaze amasaha arenga 20 kuri hoteli
A?bashinzwe umutekano muri Somalia basoje urugamba rw’amasaha arenga 20 byabasabye kugira ngo bisubize hoteli yari yigaruriwe n’intagondwa mu murwa mukuru Mogadishu ku mugoroba wo ku cyumweru. Polisi ivuga ko a?bantu nibura 14, barimo abasivile umunani, biciwe muri icyo gitero. Intagondwa zo mu mutwe wiyitirira Islam wa al-Shabab, wavuze ko ari wo wakoze icyo gitero, zari […]
Musanze: Umugore aravuga ko umugabo we yapfuye afunzwe na polisi
Umugore witwa Beatrice Mugirase w’imyaka 28 wo mu Mudugudu wa Mubona, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, aravuga ko umugabo we Mutiyomba Arsene, yapfuye nyuma y’ibikomere yagize ubwo yakubitirwaga ahitwa ku Kirabo nyuma polisi ijya kumufungira kuri Sitasiyo ya polisi y’ahazwi nka Gurupoma. Uyu mugore hacamo umwanya umwe agasuka umuzige w’amarira, […]
Al-Shabab yagabye igitero kuri hoteli ikomeye i Mogadishu hafi na perezidansi
H?oteli Villa Rose yo mu murwa mukuru Mogadishu, aho abategetsi bo muri leta ya Somalia bazwiho kuba bari, yagabweho igitero n’intagondwa za Al-Shabab muri ako gace kari hafi ya perezidansi y’icyo gihugu. N?yuma gato yuko icyo gitero kuri hoteli Villa Rose gitangiye, Minisitiri w’ibidukikije wa Somalia Adam Aw Hirsi yavuze ko yarokotse igitero nk’uko ibinyamakuru […]
FDLR ivuga ko ‘ ishaka gutaha mu Rwanda irwana’
Inyeshyamba za FDLR zivuga ko zidashobora gushyira intwaro hasi kuko ari zo bagomba kurwanisha urugamba bahanganyemo na Leta y’u Rwanda. Imyanzuro y’inama y’Abakuru b’Ibihugu yaberaye i Luanda muri Angola muri iki Cyumweru, yasabye ko kugira ngo umutekano usesuye wo mu burasirazuba bwa DRC wongere kugaruka, imitwe yose yitwaje intwaro ikomoka mu bindi Bihugu igomba gushyira […]
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
Abantu 16 bari bagungiwe muri kasho ya Sitasiyo polisi ya Muganza mu Karere ka Rusizi batorotse gereza ubwo bari barimo kurya. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera John Bosco, yatangarije RBA ko aba bafungwa bari barimo kurya, bitangira bateje akaduruvayo, bafungura urugi bafumyamo. Afande Kabera ati ” Nibyo Koko batorotse gereza ariko batanu bafashwe. […]
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
Biravugwa ko Umutwe wa M23 wigaruriye uduce twa Kabarozi na Bwiza twegereye Umujyi wa Kichanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nyuma y’uko M23 itangarije ko ihagaritse imirwano kuri uyu wa Gatanu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, imirwano yongeye kubura mu gace ka Bwiza. Amakuru ataremezwa n’impande bireba avuga ko inyeshyamba za FDLR […]
UN ivuga ko abagore batanu bicwa buri saha n’uwo mu muryango wabo
Raporo nshya y’Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN) ivuga ko mu 2021 abagore n’abakobwa basaga 45,000 ku isi bishwe n’abagabo babo cyangwa abo mu miryango yabo. Ibyo bivuze ko abagore cyangwa abakobwa barenga batanu ku isi bicwa buri saha n’abo mu muryango bwite wabo. Iyi raporo yasohowe bigendanye n’umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, wabaye kuwa […]
Prince Kid azasomerwa mu Kuboza
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 25 Ugushyingo, rwumvise mu muhezo abatangabuhamya mu rubanza rwa Dieudonné Ishimwe bakunze kwita “Prince Kid”, runatangaza ko umwanzuro ku rubanza rwe uzamenyekana kuwa 2 Ukuboza 2022. K?u wa 28 Ukwakira nibwo byari byitezwe ko urwo rukiko rwo mu mujyi wa Kigali rutangaza ibihano mu rubanza ubushinjacyaha buregamo Ishimwe […]
Amashuri asaga ibihumbi bitanu muri Burkinafaso yafunzwe
Minisiteri y’Uburezi muri Burkina Faso yatangaje ko amashuri asaga 5700 yafunze imiryango, kubera umutekano muke ukomeje kugaragara mu duce dutandukanye tw’icyo gihugu. RFI yatangaje ko iryo fungwa ry’amashuri rizagira ingaruka ku bana basaga miliyoni, nubwo Minisiteri ivuga ko bamwe bazabashwa kwigira mu yandi mashuri begeranye. Ni nyuma y’uko mu Burasirazuba bw’igihugu mu gace ka Sahel […]