Urupfu rwa ba Perezida babiri ba USA ku itariki nk’iyi mu 1826

Thomas Jefferson na John Adams bombi bayoboye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bapfuye ku munsi umwe, ukwezi kumwe n’umwaka umwe w’1826. Amasaha atanu yonyine ni yo ari hagati y’urupfu rwa Perezida Jefferson n’urwa Thomas Adams. Thomas Jefferson na John Adams ni bamwe mu baperezida bari baragize uruhare mu mpinduramatwara y’Amerika (American Revolution), aho bahagaze bemye bakigobotora […]

Perezida wa Misiri Mohamed Morsi yahiritswe ku butegetsi ku itariki nk’iyi mu 2013

Mohamed Morsi wavutse ku itariki ya 20 Kanama 1951, yari yarabaye Perezida wa Misiri kuva mu 2012, ubutegetsi bwe bwatembagajwe ku ngufu za gisikare ku munsi nk’uyu. Umugabo wari uyoboye ingabo zahiritse ubutegetsi bwa Morsi, ni Abdel Fattah el-Sisi kugeza ubu ufite n’ipeti rya Marshal riruta ayandi mu girikare ndetse aracyanayobora iki gihugu. Mohamed Morsi […]

Ku munsi nk’uyu mu 1964: Abirabura bo muri Amerika bahawe uburenganzira bwo kugira uruhare mu mategeko

Lyndon B. Johnson wari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasinye amasezerano aha abasivile b’abirabura b’Abanyamerika bwo kugira uruhare mu mategeko, ku wa 2 Nyakanga 1964 mu muhango wabereye muri “White House.” Kuba abasivile bari barimwe uburenganzira bwo kugira uruhare mu buyobozi n’ibindi, byari bifite aho bihuriye n’ivangura ryakorerwaga abirabura b’Abanyamerika aho wasangaga no mu […]

Ku munsi nk’uyu mu 1997: Hong Kong yasubijwe u Bushinwa

Hari mu birori byabaye mu ijoro ryo ku munsi nk’uyu byari byitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Tony Blair, igikomangoma cya Wales Charles, Perezida w’u Bushinwa Jiang Zemin ndetse n’umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Madeleine Albright, Hong Kong isubizwa u Bushinwa. Ni nyuma y’uko ibihumbi by’abanya Hong Kong byari bimaze iminsi byigaragambya bisaba ko […]

Ijoro ryiswe iry’inkota ndede ku itariki nk’iyi ya 30 Kamena 1934

Ku munsi nk’uyu ni bwo Hitler wari umuyobozi w’Abanazi yateguye kwigarurira ubutegetsi bw’Ubudage, gusa nk’abandi banyagitugu bose yari afite ubwoba bw’abo bari bahanganye. Kugirango yirinde igitutu cy’abo bari bahanganye, Hitler yafashe abari bakomakomeye abagabanya imyanya myiza mu buyobozi mu cyo yise “Divide and rule”. Mu bagabo Hitler yijeje imyanya ikomeye mu buyobozi hari harimo uwitwaga […]

Tariki nk’iyi mu 1958: Igihangange Pele cyafashije Brazil gutwara igikombe cy’Isi cya mbere

Ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cyo mu 1958, ikipe y’igihugu ya Brazil yihanangirije iya Swede, iyinyagira ibitego bitanu kuri bibiri, yegukana igikombe cy’Isi cya mbere ibifashijwemo na kabuhariwe Pele. Kuva muri iyi myaka y’i 1900 kugeza ubu, Brazil ifatwa nk’igihugu gifite umukino mwiza n’abakinnyi benshi bafite impano. Umukinnyi w’irushanwa yabaye uyu munya Brazil witwa […]

Amasezerano y’amahoro ya Versailles yasinywe ku itariki nk’iyi mu 1919

Ku munsi nk’uyu ni bwo impande ebyiri zari zihanganye mu Ntambara ya Mbere y’Isi ari zo Allied Power na Central Power zashyize umukono ku masezerano yo kurangiza intambara burundu, akaba yarasinyiwe i Varsailles mu Bufaransa. Abagabo bane bari bahagarariye ibindi bihugu ni bo bateguye aya masezerano, hari harimo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Woodrow […]

Tariki ya 27 Kamena 1844: Joseph Smith ufatwa nk’umwe mu ba Sogokuruza b’amadini yarishwe

Joseph Smith washinze idindi ryitwaga ko ari irya Yezu Kristu yicanywe n’umuvandimwe we Hyrum ku munsi nk’uyu, bicwa n’ibyigomeke by’abicanyi muri gereza, mu gace ka Illinois kabaye aka Leta zunze ubumwe za Amerika nyuma y’impinduramatwara y’Amerika (Révolution Americaine). Smith yavukiye muri Vermont mu 1805, maze mu 1823 aza kuvuga ko yasuwe n’Umumalayika witwa Moroni wo […]

Kuwa 26 Kamena mu 1916 Gen. Aleksei Brusilov yubuye umugambi wo kugaba igitero ku Budage

Ku munsi nk’uyu ni bwo Aleksei yagabye igitero ku Budage cyafashwe nk’igikomeye mu ntambara y’Isi ya mbere, by’umwihariko kuri Austria-Hangary yari igize uruhande rwa Central Powers. Mu ntambara y’Isi ya mbere impande zari zihanganye rwari urwitwa Triple Entente rwari rurimo ubwami bw’u Burusiya, u Bufaransa n’u Bwongereza, ndetse na Central Powers rwari rugizwe n’U Budage, […]

Intambara ya Koreya yatangiye ku itariki nk’iyi mu 1950

Ku munsi nk’uyu, ingabo za Koreya ya Ruguru zagabye igitero gitunguranye kuri Koreya y’Epfo, bitangiza intambara ya Koreya zombi mu 1950. Nyuma y’intambara ya Kabiri y’Isi, u Burusiya bwahoze ari ubumwe bw’Abasoviyete bwahise butangira gufasha Koreya ya Ruguru, mu gihe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zo zitanga ubufasha mu by’ubukungu n’ubwa gisirikarare kuri Koreya y’Epfo. Ku […]