Aya makuru nta gaciro akwiye guhabwa kuko ari ibinyoma_APR FC kuri Eto’o na Adil

Ikipe ya APR FC yanyomoje amakuru avuga ko yamaze kwirunaka Mupenzi Eto’o ushinzwe kuyigurira na kuyigurishiriza abakinnyi no gusimbuza Mohamed Adil Erradi usanzwe ari umutoza wayo mukuru, ivuga ko aya amakuru ari ‘ibinyoma bidakwiye guhabwa agaciro.”

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere hiriwe hacicikana amakuru avuga ko iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yamaze kwirukana Eto’o, nyuma y’amashusho ye aheruka kujya hanze hari abo yita ‘imisega’.

Amakuru kandi yabugaga ko Mohamed Adil Erradi utemerewe gutoza APR FC muri CAF Champions league yamaze gusimbuzwa umunya-Kenya, Jacob Ghost Mulee, gusa APR FC yavuze ko aya makuru atari yo.

Iyi kipe ku rubuga rwayo yagize ati: “Ubuyobozi bwa APR FC buranyomoza amakuru yiriwe avugwa ko ushinzwe igura n’igurishwa ry’abakinnyi muri APR FC Mupenzi Eto yahagaritswe, ndetse bukananyomoza amakuru y’uko ngo umutoza Mohamed Adil agiye gusimbuzwa Jacob Ghost Mulee.”

“Aya makuru nta gaciro akwiye guhabwa kuko ari ibinyoma ndetse bigaragara ko ari amakuru agamije kuyobya abakunzi b’umupira w’amaguru, by’umwihariko abakunzi b’ikipe y’ingabo z’igihugu.”

APR FC yaboneyeho gusaba abakunzi b’umupira w’amaguru, by’umwihariko abakunzi ba APR FC kutita kuri ibi bihuha kuko nta gaciro ayo makuru afite.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *