Urukiko Rwisumbuye rwa Huye ruri kuburanisha ubujurire bwa Mzee Claver n’umuhungu we Tuyishime baregwa gusambanya abana babiri b’abakobwa bafite imyaka 16 na 17.
Aba bombi basaba kurekurwa by’agateganyo nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana rwari rwemeje ko bafungwa by’agateganyo. Claver yavuze ko yigeze gusaba gupimwa ADN kugira ngo herekanwe ko nta sano afite n’abo bana, ndetse yongera kubisaba no mu rukiko.
Yagize ati: “Njye na bariya bana ntitwasambanye, mbisabira ipimwa.”
Umuhungu we Tuyishime na we yihakanye icyaha.
Umwunganizi wabo mu mategeko, Me Mpayimana Jean Paul, yavuze ko nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko aba bana basambanyijwe. Yasobanuye ko muganga wabagenzuye yemeje ko ari amasugi, nta gisebe bagaragaje ndetse nta ndwara bafite.
Yagize ati: “Muganga ntiyafashe vaginal swabs kuko nta matembabuzi bari bafite. Uburyo bavuga ko basambanyijwe si bwo, kuko umwana wasambanyijwe ntiyasigara ari isugi.”
Ubushinjacyaha bwo bushingira ku buhamya bw’abana bavuga ko Claver yabacumbikiye nyuma yo kubaha akazi, hanyuma we n’umuhungu we bagatangira kubasambanya. Buvuga ko Claver yari abafiteho ububasha bwose.
Umushinjacyaha yanenze ubusobanuro bwa Me Mpayimana avuga ko akarangabusugi kadatoboka ubusa, ati: “Gatoboka iyo hari ikagitoboye. Muganga yabonye karatobotse.”
Yongeyeho ko n’ubwo ‘vaginal swabs’ zitafashwe, hari ibiteganywa koherezwa mu RFI kugira ngo hakorwe ibindi bipimo byimbitse.
Me Mpayimana yasoje avuga ko kuba Claver yarabahaye akazi ko gucuruza atari cyo kiburanwa, ahubwo ari ibikorwa by’ineza yabakoreye. Yavuze ko nta kindi kigaragaza ko akarangabusugi katobowe n’igitsina, ndetse ko nta kindi cyemeza ko habaye gusambana.
Umucamanza azatangaza umwanzuro kuri uru rubanza mu Ukuboza 2025, n’ubwo bamwe bibaza impamvu icyemezo gitinda gutangwa.


