rwivanga

Ba Ofisiye 2 ba RDF bafunganwe n’abasivile 20

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko hari abasirikare babiri bacyo bo ku rwego rwa ba Ofisiye ndetse n’abasivile 20 bafunzwe, bakaba bakurikiranweho n’ubutabera ibyaha bitandukanye.

RDF yemeje aya makuru biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Kanama.

Yagize iti: “Ubuyobozi bwa RDF buramenyesha ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye mu butabera ofisiye 2 ba RDF hamwe n’abasivile 20; bakurikiranwe ku byaha bakekwaho bakoranye n’abo ba ofisiye.”

Yavuze ko bariya bose bafunzwe by’agateganyo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare bubakurikiranyeho ibyaha birimo “ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe” ndetse n’ikindi “cy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.”

RDF yasobanuye ko ibyaha bariya bantu bakurikiranweho bijyanye n’uburyo haguzwe amatike y’indege kuri Konte ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yasobanuye kandi ko nk’uko biteganywa n’itegeko, abasivile iyo bakoranye icyaha n’abasirikare bakurikiranwa n’ ubutabera bakaburanishwa n’inkiko za gisirikare.

N’ubwo Igisirikare cy’u Rwanda kitigeze gitangaza amazina y’abafunzwe, mu yakunze kugarukwaho mu itangazamakuru kuva mu cyumweru gishize barimo abanyamakuru: Rugaju Reagan w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) na Ishimwe Ricard wa Radiyo ya SK FM.

Abandi barimo kandi Mugisha Frank usanzwe ari umuvugizi w’abafana ba APR FC, Kalisa Georgine wahoze ari umubitsi wa APR FC n’abandi batandukanye.

Ibyaha bakurikiranweho byakozwe muri Nzeri 2024, ubwo APR FC isanzwe ari ikipe y’Igisirikare cy’u Rwanda yajyaga gukina na Pyramids FC yo mu Misiri mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league.

Amakuru avuga ko abafashwe uko ari 22 bafungiye muri gereza ya gisirikare yo ku Murindi wa Kanombe, mu karere ka Kicukiro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *