GridArt_20250704_114609145

Ba Perezida 5 b’ibihugu bya Afurika bategerejwe kwa Trump

Ba Perezida batanu b’ibihugu bya Afurika bategerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu nama bazahuriramo na Perezida Donald Trump wa kiriya gihugu.

Ni inama izaba hagati y’itariki ya 9 n’iya 11 z’uku kwezi kwa Nyakanga.

Abategerejwe i Washington ni Perezida wa Gabon, Général Clotaire Brice Oligui Nguema, Bassirou Diomaye wa Sénégal, Joseph Boakai wa Liberia, Mohamed Ould Ghazouani wa Maurtanie na Umaro Mokhtar Sissoco Embaló wa Guinée-Bissau.

Biteganyijwe ko ku wa 9 Nyakanga Trump azakira bariya bakuru b’ibihugu mu musangiro uzabera muri Maison Blanche, ahazanabera ibiganiro bitandukanye.

Amakuru avuga ko ubutegetsi bwa Perezida Trump buteganya gukora ibishoboka byose bukiyegereza Afurika, mu rwego rwo gusangira na yo amahirwe mu nzego zirimo ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Umwe mu bayobozi bo muri Maison Blanche yatangaje ko Trump asanga “ibihugu bya Afurika bitanga amahirwe adasanzwe y’ubucuruzi, agirira ingufu Abanyamerika ndetse n’abafatanyabikorwa b’Abanyafurika.”

Amakuru avuga ko ibiganiro Trump azagirana na bariya ba Perezida b’ibihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika bizubakira ku bijyanye n’uko Amerika yabona amabuye y’agaciro bikungahayeho nka lithium, cobalt ndetse n’itaka ridasanzwe.

Ni umutungo kamere Amerika ikeneye cyane, mu rwego rwo kuwukoresha mu nganda zayo za ‘electronique’ ndetse no kubyaza umusaruro ingufu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *