Ikipe ya Police FC yasinyishije Umurundi Bigirimana Abedi wahoze akinira Kiyovu Sports.
Uyu musore ukina hagati mu kibuga yasinye amasezerano yo gukinira iriya kipe ya Polisi y’u Rwanda mu myaka ibiri iri imbere.
Bigirimana Abedi yasinyiye Police FC nyuma y’iminsi myinshi avugwa muri Rayon Sports.
Amakuru avuga ko iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yamuganirije bikagera n’aho impande zombi zigera ku bwumvikane, gusa bikarangira uriya Murundi ayikase ku munota wa nyuma.
Ni Rayon Sports bivugwa ko yari yaramwoherereje itike y’indege incuro zirenga eshatu ndetse na kopi ya kontaro.


