Uwahoze ari Perezida wa Burkina Faso, Blaise Compaoré, ushinjwa uruhare mu iyicwa ry’uwahoze ari inshuti ye, Thomas Sankara, ntazitabira urubanza ruzatangira ku wa mbere i Ouagadougou, nk’uko byatangajwe n’abanyamategeko be kuri uyu wa Kane.
Abanyamategeko, Umufaransa n’Umunyaburukinafaso bunganira Compaoré bagize bati: “Perezida Blaise Compaoré ntazajya kandi natwe ntituzajya mu rubanza rwa politiki rwateguriwe kumwibasira imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Ouagadougou, ni ukuvuga imbere y’ububasha budasanzwe”.
Abavoka, Pierre-Olivier Sur na Abdoul Ouedraogo, bemeza ko umukiriya wabo atigeze “ahamagazwa ngo abazwe” kandi ko “nta gikorwa na kimwe yigeze amenyeshwa, usibye ko yahamagawe bwa nyuma mu rukiko mu rubanza”.
Bagaragaza kandi ko Blaise Compaoré afite “ubudahangarwa nk’uwahoze ari umukuru w’igihugu” nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.
Bakomeza bagira bati: “Niba Perezida Blaise Compaoré atemera ubutabera bwa Perezida Roch Kaboré (umukuru w’igihugu cya Burkinabè uriho ubu), aracyizeye ubutabera mpuzamahanga.”
Urubanza rw’iyicwa rya Thomas Sankara, ufatwa nka”Umubyeyi w’impinduramatwara ya Burkina Faso” n’impirimbanyi ya Pan-Africanisme wiciwe muri coup d’Etat yo mu 1987, rugomba gutangira ku wa Mbere, itariki 11 Ukwakira 2021 imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Ouagadougou, aho nyuma y’imyaka 34, rwitezweho kugaragaza “ukuri” no gutanga ” ubutabera “.
Blaise Compaoré yafashe ubutegetsi muri iyo coup d’etat mu 1987 maze abumaraho imyaka 27 mbere yo guhirikwa nyuma y’imyivumbagatanyo ikaze muri 2014.
Sankara wageze ku butegetsi nawe muri coup d’Etat mu 1983, yishwe ku ya 15 Ukwakira 1987 ari kumwe na bagenzi be cumi na babiri bishwe n’itsinda ry’abakomando ubwo bari mu nama yaberega ku cyicaro gikuru cy’Inama y’Igihugu y’Impinduramatwara (CNR) i Ouagadougou. Yari afite imyaka 37.


