Ku wa mbere, umunyamabanga wa Leta, Antony Blinken, yabonanye na Minisitiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu na Perezida Isaac Herzog i Yeruzalemu.
Ni ubutumwa bwe bwa cyenda muri kariya karere kuva amakimbirane hagati ya Isiraheli n’umutwe w’abarwanyi ba Palesitine, Hamas, watangira mu Kwakira ku mwaka ushize.
Blinken yasobanuye ko hari ibiganiro bigomba kubera i Cairo mu mpera ziki cyumweru byemejwe nkigikorwa cya nyuma cyo gufata umwanzuro wa nyuma wo guhagarika Intambara hagati y’impande zombi.
Ati: Uyu ni umwanya utajenjetse, birashoboka ko ari amahirwe ya nyuma yo guhuza impande zombi zigahagarika imirwano, no gushyira abantu bose mu nzira nziza y’amahoro n’umutekano ”,
Kuri uyu wa Mbere , Blinken yahuye na Minisitiri w’Ingabo muri Isiraheli, Yoav Gallant, bikaba biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri aribujye mu Misiri guhurirayo n’intumwa za Hamas.
Yabwiye Yoav, ko yaje guhuza izi mpande ku mabwiriza ya Perezida Biden Kandi ko bigomba gukemuka.
Ati: “Ndi hano mu rwego rwo gushyira ingufu mu bya diplomasi ku mabwiriza ya Perezida Biden yo kugerageza guhuza impande zombi binyuze mu masezerano agenga ihagarikwa ry’intambara.Igihe kirageze ngo birangire ”.
Amezi y’ibiganiro yagiye azamo ibibazo bimwe na bimwe aho Isiraheli na Hamas byombi bagiye bashinjanya guteza imbogamizi zo kugera ku ihagarikwa ry’imirwano.


