Boris Johnson asanga atari aha “abacamanza i Londres” kwemeza umutekano w’u Rwanda

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yasabye Rishi Sunak kurenga inkiko nyuma yo kwemeza ko gahunda yo kohereza impunzi mu Rwanda itemewe n’amategeko .

Boris yakoresheje umwanya wo kunyuzamo ibitekerezo bye yahawe na Daily Mail kugira ngo ashyigikire gahunda yo kujuririra iki cyemezo cy’abacamanza – ariko anavuga ko igihe kigeze ngo “duhindure amategeko” kugira ngo iby’u “Rwanda birangire”, akoresha imvugo yamufashije gutsinda amatora rusange ya 2019.

Ku wa Kane, Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko gahunda ya Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak, yo “guhagarika amato” yinjiza abimukira mu Bwongereza idakwiye gukomeza.

Rwemeje ko u Rwanda atari igihugu gitekanye ku bantu bashaka ubuhungiro mu Bwongereza bazahoherezwa.

Minisitiri w’intebe yavuze ko “atemeranya” n’icyemezo cyarwo, yongeraho ati: “Ubu tuzasaba uruhushya rwo kujuririra iki cyemezo mu Rukiko rw’ikirenga.”

Ariko Johnson yatanze igitekerezo cyo kujya kure, avuga ko atari aha “abacamanza i Londres” kwemeza umutekano w’u Rwanda ahubwo ko bahindura itegeko bagasobanura ko igihugu cy’Afurika y’iburasirazuba gifite umutekano.

Uwabanjirije Sunak yanditse ati: “Twari tuzi ko bizagorana, kandi igihe natangiraga gahunda ku ya 14 Mata umwaka ushize, nasobanuye neza ko bizatwara igihe, kandi ko bizahura n’imbogamizi nyinshi z’amategeko kandi bigahinduka.

Ati: “Navuze kandi ko bishobora kuba ngombwa gutera izindi ntambwe kandi nibisabwa, guhindura itegeko. Igihe kirageze cyo kubikora. ”

Minisitiri w’Intebe Sunak yiyemeje guhagarika utwato duto tw’abimukira tuba dupakiye birenze tuva mu majyaruguru y’u Bufaransa tugana mu Bwongereza. Abantu barenga 45.000 bageze mu Bwongereza bambutse English Channel mu 2022, kandi benshi bapfuye babigerageza.

Guverinoma y’u Bwongereza n’u Rwanda byemeje, umwaka urenga ushize, ko abimukira bamwe bageze mu Bwongereza bazoherezwa mu Rwanda, aho ubusabe bw’ubuhungiro bwabo buzasuzumirwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *