Kuri uyu wa Kane, itariki 21 Ugushyingo 2024, Igipolisi cya Brazil cyashinje uwahoze ari Perezida, Jair Bolsonaro, hamwe n’abandi bahoze ari abaminisitiri n’abafasha babo 36 gutegura umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi kugira ngo azakomeze kuguma ku butegetsi nyuma yo gutsindwa amatora mu 2022 .
Polisi yatanze iki kirego muri raporo ifunze yashyikirijwe Urukiko rw’Ikirenga. Biteganijwe ko urukiko rwoherereza raporo Umushinjacyaha Mukuru, Paulo Gonet, uzemeza niba Bolsonaro agomba kuregwa ku mugaragaro agashyikirizwa inkiko.
Mu itangazo ryacyo, Igipolisi cyagize kiti: “Raporo ya nyuma yoherejwe mu Rukiko rw’Ikirenga isaba ko abantu 37 bakurikiranwaho ibyaha byo guhirika mu rugomo leta ya demokarasi, coup d’Etat ndetse no gukora umutwe w’abagizi ba nabi.”
Iyi raporo ni ibyavuye mu iperereza rimaze hafi imyaka ibiri ku ruhare rwa Bolsonaro mu guhakana ibyavuye mu matora byaje guteza imvururu muri Brasilia muri Mutarama 2023, nyuma y’icyumweru kimwe gusa uwatsinze Perezida Luiz Inacio Lula da Silva atangiye imirimo.
Reuters yatangaje ko abashinzwe iperereza babonye ibimenyetso byerekana ko Bolsonaro yari azi uwo mugambi uvugwa.
Ibirego byo kuri uyu wa Kane ni bimwe muri byinshi ariko bifata umwanya wa mbere muri Brazil mu kugerageza gushyikiriza Bolsonaro ubutabera. Bije kandi mu gihe uyu wahoze ari perezida ateganya kongera guhatanira kuyobora igihugu mu matora yo mu 2026.
Uwahoze ari perezida yagiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aregwa ibinyoma.
Ati: “Tugomba kureba ibiri muri iki kirego cya Polisi. Nzategereza umunyamategeko. Biragaragara ko ibi bizajya mu biro by’Ubushinjacyaha Bukuru. Kuri PGR (Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika) niho intambara itangirira. Ntacyo nshobora kwitega ku ikipe ikoresha itekinika kugirango bangerekeho ibyaha. ”
Bolsonaro akomeza ashinja Umucamanza w’Urukiko rw’Ikirenga, Alexandre de Moraes, uyoboye iperereza, gukora ibintu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.


