Brig. Gen. Kapend yatangiye akazi aburira abanyapolitiki

Komanda w’akarere ka 22 ka gisirikare kari mu ntara ya Haut-Katanga, Brigadier Général Eddy Kapend, yatangiye iyi nshingano aheruka guhabwa na Perezida Félix Tshisekedi, aburira abanyapolitiki bagerageza guhungabanya inzego z’umutekano.

Kapend ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Lubumbashi kuri uyu wa 31 Ukwakira 2023, yatangarije abanyamakuru ko intego afite ari ukurinda ubutaka bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo n’umutekano w’abayituye.

Yagize ati: “Abakora politiki ni ngombwa ko bubahiriza amategeko kandi abakora ku rwego rw’igisirikare, abakora ku rwego rw’umutekano, bagahungabanya umudendezo w’igihugu, igisirikare, polisi n’izindi nzego z’umutekano, ubutabera bugiye gukorana na bo.”

Kapend yahawe iyi nshingano tariki ya 19 Ukwakira 2023 nyuma yo kuzamurwa mu ntera, akuwe ku ipeti rya Colonel yari afite kuva ku butegetsi bwa Laurent Kabira. Yasimbuye Gen. Maj. Gihanga Mutara Smith muri Haut-Katanga.

Uyu musirikare wigeze gufungwa imyaka irenga 20 ubwo yashinjwaga kugira uruhare rukomeye mu rupfu rwa Kabila yababariwe na Félix Tshisekedi mu 2021, asubizwa mu gisirikare muri uyu mwaka w’2023. Ari mu b’inararibonye bakenewe mu gihe igisirikare cya RDC kiri kuvugururwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *